BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 17, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > NATO yamaganye u Burusiya bwangije amashanyarazi ya Ukraine

NATO yamaganye u Burusiya bwangije amashanyarazi ya Ukraine

admin
Last updated: November 30, 2022 9:04 am
admin
Share
SHARE

Umunyamabanga Mukuru wa NATO, Jens Stoltenberg yemereye ubufasha burimo intwaro Ukraine, nyuma y’uko u Burusiya bugabye ibitero ku bikorwaremezo bitanga ingufu z’amashanyarazi kandi bari mu gihe cy’ubukonje.

Umunyamabanga Mukuru wa NATO, Jens Stoltenberg yijeje ubufasha burimo intwaro Ukraine

Jens Stoltenberg yashinjije u Burusiya gukoresha igihe cy’ubukonje nk’imwe mu ntwaro y’intambara mu rugamba bahanganyemo na Ukraine, maze asaba ibihugu bigize NATO gutanga ubufasha bushoboka bw’intwaro n’ibikoresho byo kwifashisha gusubizaho amashanyarazi.

Ibi bivuzwe nyuma y’uko bimwe mu bikorwaremezo by’amashanyarazi muri Ukraine byangijwe n’ibitero by’u Burusiya, ibintu byasize miliyoni z’abaturage zidafite amazi n’amashanyarazi kandi ubukonje buri munsi ya zero.

Kuri uyu wa Kabiri, ubwo inama y’Abaminisitiri b’ibihugu biri muri NATO yateraniraga muri Romani, bashimangiye ko Ukraine ntakabuza izinjira muri NATO, Stoltenberg yagize ati “Imiryango ya NATO irafunguye, u Burusiya ntabubasha bufite ku bihugu bijya muri NATO.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Dymtro Kuleba yasabye NATO ko yabaha ubufasha bw’intwaro vuba na bwangu ndetse bakabashakira “transfo na za generetor” zo kubasha guha amashanyarazi abaturage bari mu bukonje bukabije.

Nubwo Umunyamabanga Mukuru wa NATO, Jens Stoltenberg yijeje ubufasha Ukraine, umunyamakuru wa Aljazeera uri muri Romania yavuze ko ibihugu byose bigize NATO bitarimo byemera umwanzuro wo gushyigikira Ukraine cyane cyane ubufasha bwa gisirikare.

Uretse ubu bufasha bwa NATO, u Budage kuri uyu wa Kabiri bwemereye Ukraine imfashanyo ya moteri zitanga amashanyarazi zisaga 350, ndetse n’amafaranga agera kuri miliyonni 58 z’amadorali yo kwifashisha gusana ibikorwaremezo by’amashanyarazi byangijwe n’ibitero by’u Burusiya.

Muri Gashyantare 2022, nibwo u Burusiya bwashoje intambara yeruye kuri Ukraine, ni nyuma yo kugaragaza ko iki gihugu cyashakaga kwiyunga ku bindi bihugu biri muri NATO. Iyi ntambara ikaba kwangiza byinshi muri iki gihugu birimo ibikorwaremezo.

Ivomo: Aljazeera

NKURUNZIZA Jean Baptiste / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Santarafurika: Amb Kayumba yagiranye ibiganiro n’aba ofisiye ba RCS

Ambasaderi w’u Rwanda muri Santarafurika, Olivier Kayumba, yagiranye ibiganiro n’ Abakozi b’Urwego…

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

Imiryango itari iya Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahagurutse iri…

Agakoriro ka Gisozi kagiye kwimurirwa mu cyanya cy’inganda i Masoro

Umujyi wa Kigali watangaje ko ibikorwa by’ububaji n’ibindibyakoreraga mu Gakiriro ka Gisozi…

Min Olivier Nduhungirehe Nduhungirehe yaganiriye na mugenzi we waTurkmenistan  

Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'ubutwwrerane w'u Rwanda Olivier Nduhungirehe yagiranye ikiganiro kuri Telefone…

U Rwanda ruritegura kwakira inama ikomeye ya OIF

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rwatangiye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Leta ya Uganda yaburiye abagabo bapimisha ADN abana babo

2 Min Read
Mu mahanga

Perezida Ramaphosa yahagaritse Minisitiri ukekwaho gukorana n’udutsiko tw’abagizi ba nabi

2 Min Read
Mu mahanga

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Mu mahanga

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?