BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Muri Sunrise umwotsi uracumba; Seninga ashobora kwerekwa umuryango

Muri Sunrise umwotsi uracumba; Seninga ashobora kwerekwa umuryango

admin
Last updated: November 17, 2022 3:05 pm
admin
Share
SHARE

Mu rwambariro rw’ikipe ya Sunrise FC, harimo umwuka mubi ariko ufitwemo uruhare n’umutoza mukuru w’iyi kipe, bigeze aho ubuyobozi bumuha imikino itatu gusa yo gushakamo amanota bitaba ibyo akirukanwa.

Muri Sunrise FC harimo ibibazo uruhuri

Mu Kinyarwanda baravuga ngo ntawe utwika inzu ngo ahishe umwotsi, ari na yo mpamvu muri Sunrise FC bikomeje kudogera kubera kubura umusaruro mwiza.

Amakuru UMUSEKE wamenye, ni uko buyobozi bw’iyi kipe y’i Burasizuba, bwamenyesheje uyu mutoza n’umwungiriza we, Tugirimama Gilbert “Cannavaro” ko mu mikino itatu ikurikira (Gasogi, Bugesera na Espoir FC), nihatabonekamo byibura amanota atanu ku icyenda, bombi bazirukanwa.

Zimwe mu ngingo zikubiye mu masezerano ya Seninga, zivuga ko ikipe niramuka itsinzwe imikino itatu yikurikiranya azahita yirukanwa nta n’mperekeza ahawe.

Andi makuru aturuka i Nyagatare mu rwambariro rw’iyi kipe, avuga ko abaturage bakunda iyi kipe batishimiye na gato uyu mutoza nyuma y’umusaruro nkene w’ikipe ndetse bigeze bamwe banivugira ko nakomeza kuyitoza batazagaruka kuri Stade.

Aho bikomerera muri iyi kipe, ni uko abakinnyi n’umutoza wabo batari kurebana neza, ahanini biterwa n’imipangire y’ikipe.

UMUSEKE wifuje kumenya icyo Ubuyobozi buvuga kuri aya makuru, ariko bwaruciye burarumira.

Seninga ubwo yatandukanaga na Musanze FC, ntabwo byari bimeze neza kuko yavuzweho imyitwarire mibi irimo no kubura umusaruro mwiza iyi kipe yamwifuzagamo.

Seninga n’abungiriza be bahawe imikino itatu yo gushakamo amanota atanu

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?