BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Muri Sunrise umwotsi uracumba; Seninga ashobora kwerekwa umuryango

Muri Sunrise umwotsi uracumba; Seninga ashobora kwerekwa umuryango

admin
Last updated: November 17, 2022 3:05 pm
admin
Share
SHARE

Mu rwambariro rw’ikipe ya Sunrise FC, harimo umwuka mubi ariko ufitwemo uruhare n’umutoza mukuru w’iyi kipe, bigeze aho ubuyobozi bumuha imikino itatu gusa yo gushakamo amanota bitaba ibyo akirukanwa.

Muri Sunrise FC harimo ibibazo uruhuri

Mu Kinyarwanda baravuga ngo ntawe utwika inzu ngo ahishe umwotsi, ari na yo mpamvu muri Sunrise FC bikomeje kudogera kubera kubura umusaruro mwiza.

Amakuru UMUSEKE wamenye, ni uko buyobozi bw’iyi kipe y’i Burasizuba, bwamenyesheje uyu mutoza n’umwungiriza we, Tugirimama Gilbert “Cannavaro” ko mu mikino itatu ikurikira (Gasogi, Bugesera na Espoir FC), nihatabonekamo byibura amanota atanu ku icyenda, bombi bazirukanwa.

Zimwe mu ngingo zikubiye mu masezerano ya Seninga, zivuga ko ikipe niramuka itsinzwe imikino itatu yikurikiranya azahita yirukanwa nta n’mperekeza ahawe.

Andi makuru aturuka i Nyagatare mu rwambariro rw’iyi kipe, avuga ko abaturage bakunda iyi kipe batishimiye na gato uyu mutoza nyuma y’umusaruro nkene w’ikipe ndetse bigeze bamwe banivugira ko nakomeza kuyitoza batazagaruka kuri Stade.

Aho bikomerera muri iyi kipe, ni uko abakinnyi n’umutoza wabo batari kurebana neza, ahanini biterwa n’imipangire y’ikipe.

UMUSEKE wifuje kumenya icyo Ubuyobozi buvuga kuri aya makuru, ariko bwaruciye burarumira.

Seninga ubwo yatandukanaga na Musanze FC, ntabwo byari bimeze neza kuko yavuzweho imyitwarire mibi irimo no kubura umusaruro mwiza iyi kipe yamwifuzagamo.

Seninga n’abungiriza be bahawe imikino itatu yo gushakamo amanota atanu

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

Perezida Kagame yageze muri Guinée-Conakry

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Perezida Kagame yageze muri Guinea-…

U Rwanda rwakiriye abarwanyi ba FDLR 7 bari mu mashyamba ya RDC

Abarwanyi 7 b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi…

Meteo Rwanda yateguje imvura irenze iteganyijwe kugeza ku wa 20 Ugushyingo

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyatangaje ko mu gice cya…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
Imikino

Hoteli ya FERWAFA yatangiye gukora nyuma y’imyaka irenga 10 yubakwa

1 Min Read
Imikino

El Ahli S.C Wad Madani yaritegerejwe mu Rwanda ntikije 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?