BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Muri Sunrise umwotsi uracumba; Seninga ashobora kwerekwa umuryango

Muri Sunrise umwotsi uracumba; Seninga ashobora kwerekwa umuryango

admin
Last updated: November 17, 2022 3:05 pm
admin
Share
SHARE

Mu rwambariro rw’ikipe ya Sunrise FC, harimo umwuka mubi ariko ufitwemo uruhare n’umutoza mukuru w’iyi kipe, bigeze aho ubuyobozi bumuha imikino itatu gusa yo gushakamo amanota bitaba ibyo akirukanwa.

Muri Sunrise FC harimo ibibazo uruhuri

Mu Kinyarwanda baravuga ngo ntawe utwika inzu ngo ahishe umwotsi, ari na yo mpamvu muri Sunrise FC bikomeje kudogera kubera kubura umusaruro mwiza.

Amakuru UMUSEKE wamenye, ni uko buyobozi bw’iyi kipe y’i Burasizuba, bwamenyesheje uyu mutoza n’umwungiriza we, Tugirimama Gilbert “Cannavaro” ko mu mikino itatu ikurikira (Gasogi, Bugesera na Espoir FC), nihatabonekamo byibura amanota atanu ku icyenda, bombi bazirukanwa.

Zimwe mu ngingo zikubiye mu masezerano ya Seninga, zivuga ko ikipe niramuka itsinzwe imikino itatu yikurikiranya azahita yirukanwa nta n’mperekeza ahawe.

Andi makuru aturuka i Nyagatare mu rwambariro rw’iyi kipe, avuga ko abaturage bakunda iyi kipe batishimiye na gato uyu mutoza nyuma y’umusaruro nkene w’ikipe ndetse bigeze bamwe banivugira ko nakomeza kuyitoza batazagaruka kuri Stade.

Aho bikomerera muri iyi kipe, ni uko abakinnyi n’umutoza wabo batari kurebana neza, ahanini biterwa n’imipangire y’ikipe.

UMUSEKE wifuje kumenya icyo Ubuyobozi buvuga kuri aya makuru, ariko bwaruciye burarumira.

Seninga ubwo yatandukanaga na Musanze FC, ntabwo byari bimeze neza kuko yavuzweho imyitwarire mibi irimo no kubura umusaruro mwiza iyi kipe yamwifuzagamo.

Seninga n’abungiriza be bahawe imikino itatu yo gushakamo amanota atanu

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

2 Min Read
Imikino

APR FC yatsinze Gasogi United yakinaga nk’ikipe y’abato

3 Min Read
Imikino

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

1 Min Read
Imikino

Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli SC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?