BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Muri AS Kigali habaye inama rukokoma

Muri AS Kigali habaye inama rukokoma

admin
Last updated: November 17, 2022 3:36 pm
admin
Share
SHARE

Kuri uyu wa Kane, ubuyobozi bwa AS Kigali, bwakoranye inama n’abakinnyi, abatoza, abaganga n’abandi bakozi bose b’iyi kipe hagamijwe kugashaka ibisubizo ku kubura umusaruro mwiza bimaze iminsi muri iyi kipe.

AS Kigali imaze imikino itatu itarabona intsinzi

Ikipe ya AS Kigali iheruka intsinzi tariki 30 Ukwakira 2022, ubwo yatsindaga Gasogi United igitego 1-0 cya Hussein Shaban Tchabalala. Kuva ubwo umusaruro wakomeje kuba nkene kugeza ubwo no kubona izamu bikomeje kwanga.

Iyi kipe mu mikino ine ya shampiyona iheruka gukina, yanganyijemo ibiri ya Musanze FC 0-0 na Bugesera FC 0-0, itsindwamo uwa Police FC igitego 1-0, yo yatsinzemo uwa Gasogi United gusa.

Nk’ikipe yaguze abakinnyi benshi kandi bagombaga kuza kuyifasha mu marushanwa mpuzamahanga no mu marushanwa y’imbere mu Gihugu, bisobanuye ko umusaruro atari mwiza.

Ibi nibyo byatumye kuri uyu munsi nyuma y’imyitozo ya mu gitondo, Perezida w’iyi kipe, Shema Ngoga Fabrice, yagiranye inama na AS Kigali yose nk’ikipe.

Bimwe mu byo UMUSEKE wamenye iyi nama yaganiriyeho, ni ukwibutsa abakinnyi ko umusaruro wabo uteri mwiza muri iyo mikino itatu iheruka, kandi ko bafite ubushobozi bwo kuba mu kipe zihanganiye igikombe cya shampiyona.

Abakinnyi bibukijwe kandi ko nta deni baberewemo n’ubuyobozi kuko baherutse guhembwa imishahara y’amezi abiri bari bafitiwe, igisigaye ari ubuyobozi bwishyuza abakinnyi.

Bimwe mu byavuye muri iyi nama, ni uko mu gihe umusaruro wakomeza kuba nkene nk’uko bimaze iminsi, ubuyobozi bwafata undi mwanzuro ukakaye yaba mu bakinnyi cyangwa mu batoza.

Mu mikino irindwi AS Kigali imaze gukina, iri ku mwanya wa Kane n’amanota 14 inyuma ya APR FC, Rayon Sports na Kiyovu Sports iyoboye urutonde rwa shampiyona.

Perezida wa AS Kigali, Shema Fabrice niwe wayoboye iyi nama

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • rukabu says:
    November 18, 2022 at 4:28 pm

    Ikipe zidafite aba fanna nizo kwangiza umutungo wa leta gussa NTA Bafana ,NTA musaruro cash zigatikira zigura abanyamahanga badakina bicara Kuri bench Ese cash bakoresha muri askigali zabura igikorwa zakora cyafasha abaturage mu mibereho myiza.murakoze.

    Reply

Leave a Reply to rukabu Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

2 Min Read
Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?