BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Muhanga: Umusore yakubise umukecuru baturanye ifuni ahita apfa

Muhanga: Umusore yakubise umukecuru baturanye ifuni ahita apfa

admin
Last updated: August 6, 2022 6:22 pm
admin
Share
SHARE

Ndandari François  w’imyaka 31 y’amavuko  utuye mu Mudugudu wa  Gisasa, Akagari ka  Mbiriri arakekwa gukubita  ifuni umukecuru  witwaga Uwimana Bibianne w’Imyaka 75 y’amavuko.

Mu Karere ka Muhanga ni mu ibara ritukura

Ndandari François  ukekwaho iki cyaha cy’ubwicanyi yabikoze saa ine za mu gitondo n’iminota 50.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyarusange Ruzindana Fiacre yabwiye Umunyamakuru w’UMUSEKE ko Ndandari François  yavuye mu rugo iwabo  yerekeza mu rugo rw’uyu mukecuru ahageze afata ifuni ayimukubita mu mutwe ahita apfa.

Ruzindana yavuze ko Ndandari akimara gufafwa yemeye ko ari we wamwishe, kandi akavuga ko ntacyo bapfaga.

Yagjze ati: “Iwabo wa Ndandari  n’aho uyu mukecuru yari atuye, ni muri metero 30, kandi nta kibazo kindi bapfaga.”

Cyakora Gitifu yavuze ko Ndandari yigeze guhohotera ababyeyi be, arafatwa ajyanwa mu kigo ngororamuco, agaruka asa n’uwakosotse, avuga ko bongeye gutungurwa no kumva yishe uyu mubyeyi.

Gitifu yihanganishije Umuryango wabuze uyu mukecuru, agira inama urubyiruko rufite iyo myitwarire mibi  yo kuyihindura ahubwo bakerekeza ibitekerezo ku murimo ubatunga n’ibiteza  imbere igihugu.

Umurambo wa Uwimana Bibianne wahise ujyanwa mu Bitaro by’i Kabgayi kugira ngo usuzumwe.

MUHIZI ELISÉE UMUSEKE.RW/Muhanga.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?