BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Muhanga: Umukozi wa sosiyete COMAR yagwiriwe n’ikirombe

Muhanga: Umukozi wa sosiyete COMAR yagwiriwe n’ikirombe

admin
Last updated: September 6, 2022 11:42 am
admin
Share
SHARE

Umugabo wakoreraga Sosiyete icukura amabuye y’agaciro yitwa COMAR, yagwiriwe n’ikirombe ahita apfa.

Ikirombe cya sosiyete icukura amabuye y’agaciro yitwa COMAR

Nsabimana Thèoneste w’imyaka 30 y’amavuko yagwiriwe n’ikirombe ku gicamunsi cyo ku wa Mbere taliki 05 Nzeri, 2022 ari mu kazi mu Mudugudu wa Karambo, mu Kagari ka Butare  mu Murenge wa Kabacuzi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Butare, Mujyambere Cilien avuga ko iyo mpanuka ikimara kuba babimenyesheje inzego zirimo Ubugenzacyaha (RIB), na Polisi kugira ngo zihagere mbere y’uko umurambo wa Nsabimana woherezwa mu buruhukiro i Kabgayi.

Ati: “Ubu umurambo we wagejejwe mu Bitaro bya Kabgayi,  imihango yo kumushyingura niyo dutegereje.”

Nsabimana akomoka mu Mudugudu wa Mbilizi, Akagari ka Kigarama, mu Murenge wa Cyeza.

Umuyobozi w’Akagari ka Butare, yavuze ko bagiye gukurikirana ibirebana n’ubwishingizi abakozi ba Kampani bashyizwemo kugira ngo abana n’umugore  ba nyakwigendera bahabwe impozamarira.

 

Sosiyete yahaye umuryango Frw 100, 000 yo gushyingura, yateje impaka

Umuyobozi wa Kampani ya COMAR, Kayitare Joseph yabwiye UMUSEKE ko hari amafaranga y’u Rwanda ibihumbi ijana (Frw 100, 000) yahawe umuryango mu rwego rwo gushyingura nyakwigendera.

Yagize ati: “Amafaranga tumaze kubaha yo gushyingura twumvise batangiye kuyashwaniramo.”

Kayitare yavuze ko ababyeyi ba nyakwigendera barimo guhamagara Company bayibwira ko itagomba guha amafaranga umugore wa Nsabimana, kuko ngo babanaga batarasezeranye.

Kayitare akavuga ko hari andi mafaranga miliyoni eshatu (Frw 3, 000, 000) ikigo cy’ubwishingizi kizaha umuryango wa Nsabimana.

Mu Murenge wa Kabacuzi n’uwa Nyarusange hakunze kumvikana impanuka za hato na hato zituruka ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro yiganje muri ibyo bice.

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Muhanga.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Elysée says:
    September 6, 2022 at 9:07 pm

    Nukuri lmana imwakire mubayo

    Reply
  • Elysée says:
    September 6, 2022 at 9:07 pm

    Nukuri lmana imwakire mubayo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?