BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Muhanga: Umukozi wa sosiyete COMAR yagwiriwe n’ikirombe

Muhanga: Umukozi wa sosiyete COMAR yagwiriwe n’ikirombe

admin
Last updated: September 6, 2022 11:42 am
admin
Share
SHARE

Umugabo wakoreraga Sosiyete icukura amabuye y’agaciro yitwa COMAR, yagwiriwe n’ikirombe ahita apfa.

Ikirombe cya sosiyete icukura amabuye y’agaciro yitwa COMAR

Nsabimana Thèoneste w’imyaka 30 y’amavuko yagwiriwe n’ikirombe ku gicamunsi cyo ku wa Mbere taliki 05 Nzeri, 2022 ari mu kazi mu Mudugudu wa Karambo, mu Kagari ka Butare  mu Murenge wa Kabacuzi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Butare, Mujyambere Cilien avuga ko iyo mpanuka ikimara kuba babimenyesheje inzego zirimo Ubugenzacyaha (RIB), na Polisi kugira ngo zihagere mbere y’uko umurambo wa Nsabimana woherezwa mu buruhukiro i Kabgayi.

Ati: “Ubu umurambo we wagejejwe mu Bitaro bya Kabgayi,  imihango yo kumushyingura niyo dutegereje.”

Nsabimana akomoka mu Mudugudu wa Mbilizi, Akagari ka Kigarama, mu Murenge wa Cyeza.

Umuyobozi w’Akagari ka Butare, yavuze ko bagiye gukurikirana ibirebana n’ubwishingizi abakozi ba Kampani bashyizwemo kugira ngo abana n’umugore  ba nyakwigendera bahabwe impozamarira.

 

Sosiyete yahaye umuryango Frw 100, 000 yo gushyingura, yateje impaka

Umuyobozi wa Kampani ya COMAR, Kayitare Joseph yabwiye UMUSEKE ko hari amafaranga y’u Rwanda ibihumbi ijana (Frw 100, 000) yahawe umuryango mu rwego rwo gushyingura nyakwigendera.

Yagize ati: “Amafaranga tumaze kubaha yo gushyingura twumvise batangiye kuyashwaniramo.”

Kayitare yavuze ko ababyeyi ba nyakwigendera barimo guhamagara Company bayibwira ko itagomba guha amafaranga umugore wa Nsabimana, kuko ngo babanaga batarasezeranye.

Kayitare akavuga ko hari andi mafaranga miliyoni eshatu (Frw 3, 000, 000) ikigo cy’ubwishingizi kizaha umuryango wa Nsabimana.

Mu Murenge wa Kabacuzi n’uwa Nyarusange hakunze kumvikana impanuka za hato na hato zituruka ku bucukuzi bw’amabuye y’agaciro yiganje muri ibyo bice.

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Muhanga.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Elysée says:
    September 6, 2022 at 9:07 pm

    Nukuri lmana imwakire mubayo

    Reply
  • Elysée says:
    September 6, 2022 at 9:07 pm

    Nukuri lmana imwakire mubayo

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?