BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Liz Truss yeguye hadaciye kabiri

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Liz Truss yeguye hadaciye kabiri

admin
Last updated: October 20, 2022 4:35 pm
admin
Share
SHARE

Ministiri w’Intebe w’Ubwongereza, Mme Liz Truss yeguye kuri uyu mwanya nyuma y’iminsi 45 yicaye mu ntebe.

Mme Liz Truss yeguye ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza

Nk’uko byatangajwe na bimwe mu bitangazamakuru mu Burayi birimo n’igitangazamakuru cya Leta y’u Bwongereza, BBC, Madamu Liz Truss yamaze kwegura kuri uyu mwanya kuva kuri uyu wa Gatatu, tariki 19 Ukwakira, 2022.

Madamu Liz wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza nyuma yo kwegurwa kwa Boris Johnson, yeguye nyuma y’iminsi 45 gusa ahawe izi nshingano, aba umuntu wa mbere umaze igihe gito muri iki gihugu.

Nk’uko yabitangaje, Madamu Liz Truss agomba kumenyesha Umwami Charles III ubwegure bwe, bityo akazaguma muri izi nshingano kugeza igihe azabonera umusimbura muri iyi ntebe.

Bimwe mu bigaragara mu bwegure bwe, avuga ko yaje kuri izi nshingano mu bihe bitoroshye by’ubukungu butifashe neza, intambara ya Ukraine n’u Burusiya byatumye n’ubukungu bw’igihugu busubira inyuma.

Yemera ko yatowe kugira ngo agarure mu buryo ibintu bitari byifashe neza bityo ko atabasha kuzuza izi nshingano yatorewe mu ishyaka rye rya Conservative Party.

Biteganyijwe ko mu Cyumweru gitaha hagomba kuba amatora yo gushaka umusimbura nk’uko ngo yabyemeranyije nabo mu ishyaka rye.

Madamu Liz Truss w’imyaka 47 yagizwe Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kuwa 5 Kanama uyu mwaka, aba abaye Minisitiri w’Intebe wa 15 ugiyeho kuva Umwamikazi Elizabeth II yimitswe.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

2 Min Read
Mu mahanga

Burusiya na Ukraine byahererekanyije imibiri y’abasirikare baguye ku rugamba

2 Min Read
Mu mahanga

Andi makuru mashya ku rupfu RWA Lt.Col Willy Ngoma 

1 Min Read
Mu mahanga

MASISI: FARDC irigamba kwisubiza Mahanga

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?