BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Liz Truss yeguye hadaciye kabiri

Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza Liz Truss yeguye hadaciye kabiri

admin
Last updated: October 20, 2022 4:35 pm
admin
Share
SHARE

Ministiri w’Intebe w’Ubwongereza, Mme Liz Truss yeguye kuri uyu mwanya nyuma y’iminsi 45 yicaye mu ntebe.

Mme Liz Truss yeguye ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza

Nk’uko byatangajwe na bimwe mu bitangazamakuru mu Burayi birimo n’igitangazamakuru cya Leta y’u Bwongereza, BBC, Madamu Liz Truss yamaze kwegura kuri uyu mwanya kuva kuri uyu wa Gatatu, tariki 19 Ukwakira, 2022.

Madamu Liz wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza nyuma yo kwegurwa kwa Boris Johnson, yeguye nyuma y’iminsi 45 gusa ahawe izi nshingano, aba umuntu wa mbere umaze igihe gito muri iki gihugu.

Nk’uko yabitangaje, Madamu Liz Truss agomba kumenyesha Umwami Charles III ubwegure bwe, bityo akazaguma muri izi nshingano kugeza igihe azabonera umusimbura muri iyi ntebe.

Bimwe mu bigaragara mu bwegure bwe, avuga ko yaje kuri izi nshingano mu bihe bitoroshye by’ubukungu butifashe neza, intambara ya Ukraine n’u Burusiya byatumye n’ubukungu bw’igihugu busubira inyuma.

Yemera ko yatowe kugira ngo agarure mu buryo ibintu bitari byifashe neza bityo ko atabasha kuzuza izi nshingano yatorewe mu ishyaka rye rya Conservative Party.

Biteganyijwe ko mu Cyumweru gitaha hagomba kuba amatora yo gushaka umusimbura nk’uko ngo yabyemeranyije nabo mu ishyaka rye.

Madamu Liz Truss w’imyaka 47 yagizwe Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza kuwa 5 Kanama uyu mwaka, aba abaye Minisitiri w’Intebe wa 15 ugiyeho kuva Umwamikazi Elizabeth II yimitswe.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ubutegetsi bwa Perezida Suluhu bwahakanye gufunga Dr. Mpango wari Visi Perezida

2 Min Read
Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Mu mahanga

Twirwaneho yasobanuye icyayiteye guhanura kajugujugu y’abacanshuro

3 Min Read
Mu mahanga

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?