BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > MINISANTE yizeje gucyemura ikibazo cy’abaganga bake bituma bataruhuka

MINISANTE yizeje gucyemura ikibazo cy’abaganga bake bituma bataruhuka

admin
Last updated: January 10, 2023 6:21 pm
admin
Share
SHARE

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana yatangaje ko Minisiteri y’ubuzima iri kwiga uburyo yacyemura ikibazo cy’abaganga bakiri bacye, bigatuma batabona ikiruhuko.

Inyubako Minisiteri y’Ubuzima ikoreramo

Ibi bitangajwe nyuma yaho inama y’Abaminisitiri yemeje ko amasaha y’akazi mu Rwanda agomba kuba umunani, kakazajya gatangira saa tatu za mu gitondo kagasozwa saa kumi n’imwe z’umugoroba.

Ni amabwiriza yatangiye kubahirizwa  muri uku kwezi kwa Mutarama 2023, akazagabanya amasaha y’akazi kuko katangiraga saa moya za mu gitondo nko mu nzego za leta ahandi kagatangira saa mbili, kagasozwa saa kumi n’imwe.

Uretse akazi gasanzwe, mu mashuri naho amasomo azajya atangira saa mbiri n’igice za mu gitondo (8:30 am) ageze saa kumi

Icyakora  Minisiteri y’ubuzima yo iherutse kuvuga ko abaganga iyo gahunda itabareba.

Itangazo ryayo riherutse gusohoka rivuga ko abaganga bagomba gukomeza gukorera ku masaha bari basanganywe, bigakorwa mu rwego rwo gukomeza guha abaturage serivisi z’ubuzima nk’uko bisanzwe, ibintu bitanyuze abakora mu nzego z’ubuvuzi.

Abaganga bavuga ko n’abo ari Abanyarwanda bafite abana bagomba kujya ku ishuri ku gihe cyagenwe bityo ko nabo bakwiye koroherezwa.

 

MINSANTE yatanze icyizere…

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yatangaje ko hari gukorwa ibishoboka byose kugira ngo ikibazo cy’umubare mucye w’abakora mu nzego z’ubuzima gikemuke, nabo bajye baruhuka.

Yagize ati “Uko bimeze uku abaganga baravunika cyane kwa muganga.Bakora ibyiciro bibiri. Ni ukuvuga hari abakora amasaha 12 , hari n’abayarenza, bitewe naho akora, usanga abantu bagenda bagerageza kuruhurana. Ariko ikigaragarira buri wese kinazwi kandi cyanagarutsweho muri iyi minsi, n’ uko abaganga bakora amasaha menshi.”

Yakomeje agira ati “Ikiri gukorwa rero ni uko ku rwego rwa Minisiteri y’ubuzima kugira ngo icyo kibazo tugikemure, ni uko turi gushakisha uburyo twabona umubare munini w’abaganga .Hari aho dufite umuganga umwe, babiri cyane cyane ab’inzobere,hari aho dutangiye kugira umubare munini, cyane mu baforomo n’ababyaza.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yavuze ko Hatangiye gukorwa imbonerahamwe ku bitaro bitandukanye, hagamijwe kunoza gahunda yo kongera umubare w’abakozi.

Yagize ati “Ikiza ni uko hari ikiri guhinduka ,imbonerahamwe z’ibitaro zarahindutse mu minsi ishize,ku buryo dutangiye kubonamo abakozi . Ntabwo bihite bigera kuri wa mubare ugomba kugira amatsinda atatu asimburana ariko byibuze ukabona ko ahari abakozi 10, hiyongeyeho batatu, bane ,ejo cyangwa ejo bundi tukazagera kuri ubwo buryo bwiza bw’imikorere, ukora kwa muganga atavunika cyane.

Dr Sabin Nsanzimana yizeje abaganga ko uko unubare uzajya wiyongera wabo hazajya haboneka n’umwanya w’ikiruhuko.

Ubusanzwe itegeko ry’umurimo mu Rwanda rigena ko umukozi akora amasaha 45 mu cyumweru mu gihe muri aya mabwiriza biteganyijwe ko ari amasaha 40.

TIYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • Anonymous says:
    January 10, 2023 at 10:22 pm

    Ndabona nubundi ntacyahindutse

    Reply
  • Mugisha Emmanuel says:
    January 11, 2023 at 12:09 am

    Nukuri abaganga badufatiye runini nibitabweho

    Reply
  • Anonymous says:
    January 12, 2023 at 9:29 pm

    Bitabweho kandi birebera umubare gusa ntibanazi ko amafaranga bahembwa atajyanye n’ibyo bakora,asubije iby’amasaha ark umushahara banza azi ko wo ubanyuze.ummmmmmm ndumiwe pe

    Reply

Leave a Reply to Anonymous Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru zindi

RDC: Imiryango y’ababuriye ababo mu mpanuka y’ubwato yigaragambije

2 Min Read
Inkuru zindi

DRC: Perezida Tshisekedi yategetse iperereza ku mpanuka y’ubwato

2 Min Read
Inkuru zindi

Barafinda Sekikubo yongeye gutanga kandidatire ku mwanya wa perezida

1 Min Read
Inkuru zindi

Christian Malanga wayoboye igitero cyo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi ni muntu ki?

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?