BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Mikhail Gorbachev wayoboye bwa nyuma Abasovite yapfuye

Mikhail Gorbachev wayoboye bwa nyuma Abasovite yapfuye

admin
Last updated: August 31, 2022 12:33 am
admin
Share
SHARE

Mikhail Gorbachev wayoboye bwa nyuma ibihugu byari bigize Leta z’Abasoviyete (URSS) yapfuye afite imyaka 91.

Mikhail Gorbachev yapfuye afite imyaka 91

Gorbachev, yageze ku butegetsi mu 1985, yibukwa cyane nk’uwabashije gufungura amarembo ku banyaburayi ubwo yayoboraga USSR.

Gusa ubuhangange bw’Abasoviyete bwamuhirimiyeho mu 1991.

Abarusiya bamunenga ko impinduka yatangije mu gihe cy’ubutegetsi bwe zatumye igihugu gitakaza ubuhange cyari gifite.

Ibitaro yaguyemo byatangaje ko yari amaze igihe kirekire arwaye indwara ikomeye.

Gorbachev yabaye Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka ry’Abasoviyete b’Abakomunisiti (Soviet Communist Party), ndetse ajya ku butegetsi afite imyaka 54.

Yari we muto mu bagize Inama y’ubutegetsi (Politburo), kandi bamubonagamo icyizere mu kuzana amaraso mashya mu butegetsi kurusha abandi bamubanjirije.

Uburyo bwe bwo gufungura urubuga rwa politiki byatumye Guverinoma ye igira abayinenga kuruta uko mbere URSS yategekwaga.

Ndetse byahaye Intara nyinshi kuzamura umwuka wo kwigenga, bituma ibihugu byari byishyize hamwe by’Abasoviyeti bisenyuka, Uburusiya busigara ukwabwo, abanda na bo barigenga.

Ku rwego mpuzamahanga yagiranye amasezerano na America yo kudakwirakwiza intwaro, ndetse igihe ibihugu byo mu Burayi bw’Uburasirazuba abaturage bakuragaho abategetsi b’Abakomunisite, Gorbachev yahisemo kudafata uruhande

Abanyaburayi bamufata nk’umuntu washyizeho uburyo bwo kurangiza Intambara yiswe iy’Ubutita (Cold War) mu mahoro.

Ku isi abarimo Perezida Vladimir Putin, Joe Biden na Boris Johnson bakeje imirimo Mikhail Gorbachev yakoze.

Gorbachev azashyingurwa mu irimbi ry’ahitwa Novodevichy, i Moscow iruhande rw’imva ishyinguyemo umugore we Raisa, wapfuye mu 1999. We n’umugore we babanye imyaka 46.

Nyuma y’isenyuka rya URSS, Uburusiya bwategetswe na nyakwigendera, Boris Yeltsin.

IVOMO: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

2 Min Read
Mu mahanga

Burusiya na Ukraine byahererekanyije imibiri y’abasirikare baguye ku rugamba

2 Min Read
Mu mahanga

Andi makuru mashya ku rupfu RWA Lt.Col Willy Ngoma 

1 Min Read
Mu mahanga

MASISI: FARDC irigamba kwisubiza Mahanga

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?