BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Mikhail Gorbachev wayoboye bwa nyuma Abasovite yapfuye

Mikhail Gorbachev wayoboye bwa nyuma Abasovite yapfuye

admin
Last updated: August 31, 2022 12:33 am
admin
Share
SHARE

Mikhail Gorbachev wayoboye bwa nyuma ibihugu byari bigize Leta z’Abasoviyete (URSS) yapfuye afite imyaka 91.

Mikhail Gorbachev yapfuye afite imyaka 91

Gorbachev, yageze ku butegetsi mu 1985, yibukwa cyane nk’uwabashije gufungura amarembo ku banyaburayi ubwo yayoboraga USSR.

Gusa ubuhangange bw’Abasoviyete bwamuhirimiyeho mu 1991.

Abarusiya bamunenga ko impinduka yatangije mu gihe cy’ubutegetsi bwe zatumye igihugu gitakaza ubuhange cyari gifite.

Ibitaro yaguyemo byatangaje ko yari amaze igihe kirekire arwaye indwara ikomeye.

Gorbachev yabaye Umunyamabanga Mukuru w’Ishyaka ry’Abasoviyete b’Abakomunisiti (Soviet Communist Party), ndetse ajya ku butegetsi afite imyaka 54.

Yari we muto mu bagize Inama y’ubutegetsi (Politburo), kandi bamubonagamo icyizere mu kuzana amaraso mashya mu butegetsi kurusha abandi bamubanjirije.

Uburyo bwe bwo gufungura urubuga rwa politiki byatumye Guverinoma ye igira abayinenga kuruta uko mbere URSS yategekwaga.

Ndetse byahaye Intara nyinshi kuzamura umwuka wo kwigenga, bituma ibihugu byari byishyize hamwe by’Abasoviyeti bisenyuka, Uburusiya busigara ukwabwo, abanda na bo barigenga.

Ku rwego mpuzamahanga yagiranye amasezerano na America yo kudakwirakwiza intwaro, ndetse igihe ibihugu byo mu Burayi bw’Uburasirazuba abaturage bakuragaho abategetsi b’Abakomunisite, Gorbachev yahisemo kudafata uruhande

Abanyaburayi bamufata nk’umuntu washyizeho uburyo bwo kurangiza Intambara yiswe iy’Ubutita (Cold War) mu mahoro.

Ku isi abarimo Perezida Vladimir Putin, Joe Biden na Boris Johnson bakeje imirimo Mikhail Gorbachev yakoze.

Gorbachev azashyingurwa mu irimbi ry’ahitwa Novodevichy, i Moscow iruhande rw’imva ishyinguyemo umugore we Raisa, wapfuye mu 1999. We n’umugore we babanye imyaka 46.

Nyuma y’isenyuka rya URSS, Uburusiya bwategetswe na nyakwigendera, Boris Yeltsin.

IVOMO: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ubutegetsi bwa Perezida Suluhu bwahakanye gufunga Dr. Mpango wari Visi Perezida

2 Min Read
Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Mu mahanga

Twirwaneho yasobanuye icyayiteye guhanura kajugujugu y’abacanshuro

3 Min Read
Mu mahanga

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?