BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Mateso yavuze kuri Alain-André Landeut yasimbuye

Mateso yavuze kuri Alain-André Landeut yasimbuye

admin
Last updated: December 13, 2022 11:22 am
admin
Share
SHARE

Umutoza mukuru w’agateganyo wa Kiyovu Sports, Mateso Jean de Dieu, ahamya ko umubano we n’uwahoze ari umutoza mukuru w’iyi kipe, Alain-André Landeut ari mwiza kandi agifasha ikipe uko bikwiye.

Mateso avuga ko Alain-André Landeut akomeje gufasha Kiyovu Sports

Ni nyuma yo kuba ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwarafashe icyemezo cyo guha izindi nshingano, Alain-André Landeut watozaga iyi kipe maze igasigaranwa na Mateso Jean de Dieu wari umwungirije.

Aganira na UMUSEKE, Mateso yavuze ko Alain afasha ikipe uko bikwiye kandi bashima umusanzu akomeje gutanga, cyane ko akiri umukozi wa yo.

Ati “Alain-André Landeut araza akareba imyitozo, yarangira akaza akatuganiriza akatubwira uko yayibonye, haba hari icyo kutwongerera yabonye akatubwira, ubundi tugataha. Nta kibazo gihari kuko aracyari umukozi wa Kiyovu.”

Mateso yakomeje avuga ko mu gihe gito amaze afite inshingano nk’umutoza mukuru w’agateganyo, yagerageje kuganiriza abakinnyi abibutsa izina ry’ikipe bakinira kandi abasaba gukomeza kwitanga uko bishoboka kugira ngo bahe ibyishimo abakunzi b’iyi kipe.

Si ubwa mbere yaba asiganye ikipe, kuko yayisiganye ubwo yari yungirije Nshimiyimana Eric muri AS Kigali ndetse ahita yegukana igikombe cy’Amahoro, ayisigarana no muri Mukura VS.

Abatoza bungirije ni bo basigaranye inshingano

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

2 Min Read
Imikino

AS Kigali yungutse umutoza mushya

1 Min Read
Imikino

Yanga SC yitegura Rayon Sports yabonye umutoza mushya

2 Min Read
Imikino

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?