BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 7, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > M23 yasubije ibirego bya MONUSCO – “Yananiwe kugarura amahoro muri Congo”

M23 yasubije ibirego bya MONUSCO – “Yananiwe kugarura amahoro muri Congo”

admin
Last updated: October 30, 2022 10:35 am
admin
Share
SHARE

M23 ivuga ko yatunguwe n’amagambo ya MONUSCO atarimo ubushishozi, ngo aho kwamagana ingabo za Congo, FARDC n’abazishyigikiye bakoresheje intwaro ziremereye BM21, n’ibifaru mu kurasa ku baturage b’abasivile, ngo yegetse ibirego ku mutwe wa M23.

Lawrence Kanyuka Umuvugizi wa politiki wa M23

Itangazo rya M23 ryandikiwe i Bunagana, rigasinywa na Lawrence Kanyuka, Umuvugizi wa Politiki w’uyu mutwe, rivuga ko M23 yagiye gucecekesha imbunda nini (za FARDC) mu rwego rwo kurinda abaturage b’abasivile.

Umutwe wa M23 uvuga ko wibutsa MONUSCO ko yananiwe inshingano yayo yo kugarura amahoro muri Congo.

Inyeshyamba za M23 zivuga ko MONUSCO imaze imyaka 20 ariko ikaba yarananiwe inshingano yayo nkuru yo kurinda abaturage b’abasivile.

M23 kandi yavuze ko MONUSCO yananiwe kurandura imitwe yitwaje intwaro y’amahanga ikorera ku butaka bwa Congo, by’umwihariko mu Burasirazuba bw’icyo gihugu.

Muri iri tangazo yagize iti “Kuri ubu turabara ubwiyongere bw’imitwe yitwaje intwaro kuruta igihe MONUSCO yari itaragera muri Congo.”

M23 ivuga ko mu duce yafashe yabohoye abaturage ku ngabo za Congo n’abazishyigikira, ndetse ikibaza impamvu MONUSCO idashyigikiye ibikorwa by’ibihugu by’Akarere bigamije gukemura ibibazo bya Congo mu mahoro.

Inyeshyamba zashinje MONUSCO kunanirwa gushyigikira ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano M23 yagiranye na Leta ya Congo.

M23 ivuga ko bizwi ko ingabo za Congo, FARDC zishyize hamwe n’imitwe ya Mai Mai, na FDLR, bityo ko zitazakomeza kurasa aho ziri, ngo ziyicarire, ahubwo ngo zizabaha igisubizo gikwiye mu rwego rwo kurengera abaturage.

Itangazo rya M23 rikurikiye, ibirego bya MONUSCO kuri izi nyeshyamba ko amasasu yazo yakomerekeje abasirikare ba UN 4, ndetse n’ubutumwa bwa Twitter bwamagana ibikorwa bya M23, no kuyisaba guhagarika intambara.

Abasirikare 4 ba MONUSCO bakomerekeye mu mirwano ya M23

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • mucyaba says:
    October 30, 2022 at 12:42 pm

    UN iteye agahinda.Reba nawe imyaka ingabo zayo zirenga ibihumbi 20 zimaze muli Congo ntacyo zikora. United Nations ijyaho muli 1945,intego yayo yali “kuzana amahoro ku isi”.Nta gihugu na kimwe yari yazanamo amahoro,uretse guhemba ibifaranga byinshi gusa.Kuva UN yajyaho,Ibihugu 9 byakoze atomic bombs zishobora gusenya isi yose nibaramuka bazirwanishije.IBIBAZO isi ifite,bizakemurwa gusa n’Ubwami bw’imana,bisobanura ubutegetsi bw’Imana.Nkuko dusoma muli Daniel 2,umurongo wa 44,ku munsi w’imperuka imana izakuraho ubutegetsi bw’abantu ku isi yose,ishyireho ubwayo.Niwo muti wonyine w’ibibazo isi ifite,harimo indwara n’urupfu nkuko Ibyahishuwe 21,umurongo wa 4 havuga.Niyo mpamvu Yesu yadusabye gusenga buri munsi dusaba Imana ngo itebutse ubwo bwami bwayo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abayobozi muri Samruk-Kazyna, Ikigega cy’Ubukungu…

Amerika yahamije ko itazumvikana na Iran keretse nimanika amaboko

Perezida wa Amerika, Donald Trump yatangaje ko nta biganiro bigamije ubwumvikane biteze…

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryohereje abarwanyi kabuhariwe hafi y’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya…

MINEMA yasabye abatuye mu manegeka kwimuka kubera imvura nyinshi

Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Gen Maj (Rtd) Albert Murasira, yasabye Abanyarwanda kwirinda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

2 Min Read
Mu mahanga

Burusiya na Ukraine byahererekanyije imibiri y’abasirikare baguye ku rugamba

2 Min Read
Mu mahanga

Andi makuru mashya ku rupfu RWA Lt.Col Willy Ngoma 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?