BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 21, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

admin
Last updated: January 31, 2026 2:46 pm
admin
Share
SHARE

Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yemeje ko izatanga umukandida wo guhatanira na Louise Mushikiwabo kuyobora Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu Bikoresha Ururimi rw’Igifaransa (OIF).

Iki cyemezo cyafatiwe mu nama y’abaminisitiri yayobowe na Perezida wa RDC, Félix Tshisekedi, ku wa 30 Mutarama 2026, yibandaga ku mutekano wo mu Burasirazuba bw’Igihugu.

Ubwo Minisitiri w’Itumanaho n’Itangazamakuru akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, yatangazaga imyanzuro yafatiwe muri iyi nama, yagize ati “RDC izatanga umukandida wayo ku mwanya w’Umunyamabanga Mukuru wa OIF.”

Leta ya RDC yemeje ko izatanga umukandida wayo kuri uyu mwanya nyuma y’ibyumweru birenga bibiri u Rwanda rwemeje ko ruzatanga Mushikiwabo kugira ngo yiyamamarize manda ya gatatu.

U Rwanda rwafashe iki cyemezo nyuma y’ubusabe ibihugu byinshi byo muri OIF byahaye Mushikiwabo. Byamugaragarije ko byashimye umusaruro we mu myaka hafi umunani amaze ayobora uyu muryango, bimwizeza ko bizamutora mu gihe igihugu cye cyakongera kumwamamaza.

Leta ya RDC yagaragaje kenshi ko itishimira ko Umunyarwandakazi ayobora uyu muryango, yababajwe n’iki cyemezo, itangira gushakisha uburyo u Rwanda rutagumana uyu mwanya ukomeye muri uyu muryango.

Mu bakandida Leta ya RDC ishobora gutanga muri OIF, havugwamo cyane Isidore Kwandja Ngembo wabaye mu ndorerezi z’uyu muryango zakurikiranye amatora mu bihugu bitandukanye, akanategura imikino y’ibihugu bigize OIF yabereye i Kinshasa mu 2023.

Inama y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma ya OIF izabere mu Mujyi wa Phnom Penh muri Cambodge kuva tariki ya 15 kugeza ku ya 16 Ugushyingo 2026 ni yo izatorerwamo Umunyamabanga Mukuru w’uyu muryango.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Trump yaciye amarenga yo guhagarika ibitero kuri Iran vuba

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yaciye amarenga ko…

Trump yatangaje ko America ishaka kuganira na Iran ariko ko ikibazo ari kimwe

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yavuze iki Gihugu…

M23 yateye utwatsi ibyo kuvana ingabo i Bukavu

Umutwe wa AFC/M23 wabeshyuje inkuru z’uko wasabye ingabo zawo ziri mu mujyi…

RDC: ADF yishe abantu 50 mu cyumweru kimwe

Umutwe w’iterabwoba wa ADF wishe abaturage 50 bo muri teritwari ya Mambasa,…

Kenya: Abakora mu by’indege bateguje indi myigaragambyo

Ihuriro ry’abakora muri serivisi z’indege muri Kenya (KAWU) ryatangaje ko abanyamuryango baryo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?