BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 2, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Aziya > Korea ya Ruguru na Korea y’Epfo zarashe ibisasu imwe yerekeza mu cyerekezo cy’indi

Korea ya Ruguru na Korea y’Epfo zarashe ibisasu imwe yerekeza mu cyerekezo cy’indi

admin
Last updated: November 2, 2022 9:18 am
admin
Share
SHARE

Bwa mbere nyuma y’igihe kirekire, Korea ya Ruguru na Korea y’Epfo zarashe ibisasu zibyerekeza kuri buri gihugu.

Korea ya Ruguru na Korea y’Epfo zamaze igihe mu ntambara y’Ubutita

Nubwo nta muntu ibisasu byakomerekeje, ndetse bikaraswa mu mazi, ariko byarashwe hafi y’imbibi za buri gihugu.

Ku wa Gatatu, Korea y’Epfo yarashe ibisasu hashize amasaha atatu gusa Korea ya Ruguru irekuye ibyayo bikagwa muri km 60 hafi y’Umujyi wa Sokcho wo muri Korea y’Epfo.

Korea y’Epfo ivuga ko itakwihanganira kuvogera ubutaka bwayo.

Yarashe ibisasu bya misile bitatu isubiza Korea ya Ruguru, na byo bijwa mu ntera imwe hafi y’umurongo ugabanya ibihugu byombi.

Uwo murongo uri mu mazi yitwa aya Korea, ukaba ugabanya Korea ya Ruguru na Korea y’Epfo, ariko Korea ya Ruguru ntiyigeze yemera uwo mupaka.

Ku wa Kabiri Korea ya Ruguru yamaganye imyitozo y’ingabo za Korea y’Epfo ifatanyamo n’igisirikare cya Leta zunze ubumwe za America, ivuga ko ishobora kuba imbarutso ku ikoreshwa ry’intwaro kirimbuzi.

Amakuru y’ubutasi Korea y’Epfo ifite yemeza ko Korea ya Ruguru, vuba izasubukura igerageza ry’intwaro kirimbuzi, mu gihe hari hashize imyaka itanu ibihagaritse.

Korea y’Epfo iri mu kiriyo nyuma y’impanuka yatewe n’umubyigano igahitana abantu 153. Gusa, ntibyabujije ko isubiza Korea ya Ruguru yari imaze kurasa hafi yayo.

BBC ivuga ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya misile 10 mu byerekezo byombi, mu Burasirazuba no mu Burengerazuba nk’uko Korea y’Epfo yabivuze.

Misile imwe ya Korea ya Ruguru yaguye muri Km 26 hafi y’umupaka wa Korea y’Epfo, indi muri Km 57 mu Burasirazuba, ku Mujyi wa Sokcho, naho mu Majyaruguru y’Iburengerazuba, indi misile igwa kuri Km 167 kure y’ikirwa cya Ulleung.

Uturumbeti twahise dusakuza ku kirwa cya Ulleung, abaturage basabwa kwihisha mu bwihisho bwo munsi y’ubutaka.

Korea y’Epfo n’Ubuyapani byahise byamagana ubushotoranyi bwa Korea ya Ruguru.

ISOOKO: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Doha kubera intambara yo muri Iran

Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere RwandAir yatangaje ko yasubitse…

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo…

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

Ingabo za Israel (IDF) zongeye kugaba igitero gikomeye muri Iran nyuma y’amezi…

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaje…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Burusiya na Ukraine byahererekanyije imibiri y’abasirikare baguye ku rugamba

2 Min Read
Mu mahanga

Andi makuru mashya ku rupfu RWA Lt.Col Willy Ngoma 

1 Min Read
Mu mahanga

MASISI: FARDC irigamba kwisubiza Mahanga

1 Min Read
Mu mahanga

Bobi Wine ntakozwa ibyo kumvikana na Leta ya Uganda ngo ave mu bwihisho

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?