BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Nov 12, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Aziya > Korea ya Ruguru na Korea y’Epfo zarashe ibisasu imwe yerekeza mu cyerekezo cy’indi

Korea ya Ruguru na Korea y’Epfo zarashe ibisasu imwe yerekeza mu cyerekezo cy’indi

admin
Last updated: November 2, 2022 9:18 am
admin
Share
SHARE

Bwa mbere nyuma y’igihe kirekire, Korea ya Ruguru na Korea y’Epfo zarashe ibisasu zibyerekeza kuri buri gihugu.

Korea ya Ruguru na Korea y’Epfo zamaze igihe mu ntambara y’Ubutita

Nubwo nta muntu ibisasu byakomerekeje, ndetse bikaraswa mu mazi, ariko byarashwe hafi y’imbibi za buri gihugu.

Ku wa Gatatu, Korea y’Epfo yarashe ibisasu hashize amasaha atatu gusa Korea ya Ruguru irekuye ibyayo bikagwa muri km 60 hafi y’Umujyi wa Sokcho wo muri Korea y’Epfo.

Korea y’Epfo ivuga ko itakwihanganira kuvogera ubutaka bwayo.

Yarashe ibisasu bya misile bitatu isubiza Korea ya Ruguru, na byo bijwa mu ntera imwe hafi y’umurongo ugabanya ibihugu byombi.

Uwo murongo uri mu mazi yitwa aya Korea, ukaba ugabanya Korea ya Ruguru na Korea y’Epfo, ariko Korea ya Ruguru ntiyigeze yemera uwo mupaka.

Ku wa Kabiri Korea ya Ruguru yamaganye imyitozo y’ingabo za Korea y’Epfo ifatanyamo n’igisirikare cya Leta zunze ubumwe za America, ivuga ko ishobora kuba imbarutso ku ikoreshwa ry’intwaro kirimbuzi.

Amakuru y’ubutasi Korea y’Epfo ifite yemeza ko Korea ya Ruguru, vuba izasubukura igerageza ry’intwaro kirimbuzi, mu gihe hari hashize imyaka itanu ibihagaritse.

Korea y’Epfo iri mu kiriyo nyuma y’impanuka yatewe n’umubyigano igahitana abantu 153. Gusa, ntibyabujije ko isubiza Korea ya Ruguru yari imaze kurasa hafi yayo.

BBC ivuga ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya misile 10 mu byerekezo byombi, mu Burasirazuba no mu Burengerazuba nk’uko Korea y’Epfo yabivuze.

Misile imwe ya Korea ya Ruguru yaguye muri Km 26 hafi y’umupaka wa Korea y’Epfo, indi muri Km 57 mu Burasirazuba, ku Mujyi wa Sokcho, naho mu Majyaruguru y’Iburengerazuba, indi misile igwa kuri Km 167 kure y’ikirwa cya Ulleung.

Uturumbeti twahise dusakuza ku kirwa cya Ulleung, abaturage basabwa kwihisha mu bwihisho bwo munsi y’ubutaka.

Korea y’Epfo n’Ubuyapani byahise byamagana ubushotoranyi bwa Korea ya Ruguru.

ISOOKO: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

Urukiko rwihariye rw’ibyaha bikomeye muri Gabon, rwahamije Sylvia Bongo Ondimba, umugore wa…

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Dr Vincent Biruta, yakiriwe na Perezida wa Angola,…

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri…

Perezida Kagame yageze muri Guinée-Conakry

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, Perezida Kagame yageze muri Guinea-…

U Rwanda rwakiriye abarwanyi ba FDLR 7 bari mu mashyamba ya RDC

Abarwanyi 7 b’umutwe w’iterabwoba wa FDLR ugizwe n’abasize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uvira:Umusirikare WA FARDC yarashwe na bagenzi be ubwo yashakaga kwivugana umukuriye

1 Min Read
Mu mahanga

Colonel Fureko yakubiswe hafi gushirano umwuka

2 Min Read
Mu mahanga

Fizi: RDC n’u Burundi byashinjwe kohereza izindi ngabo zo ‘kumara Abanyamulenge

2 Min Read
Mu mahanga

Papa Leo XIV yakiriye Perezida Ramaphosa i Vatican mu gihe Afurika y’Epfo na Amerika bitavuga rumwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?