BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Korali Vuzimpanda yateguye igitaramo gikomeye cyo gushima Imana

Korali Vuzimpanda yateguye igitaramo gikomeye cyo gushima Imana

admin
Last updated: November 23, 2022 8:59 am
admin
Share
SHARE

Korali Vuzimpanda yo mu Itorero rya EPR, Paruwasi ya Kamuhoza yashyize hanze amatariki y’igitaramo cyo gushima Imana cyiswe “Ndashima Live Concert”.

Korali Vuzimpanda yateguye igitaramo cyo gushima Imana

Ni igitaramo kigamije gushima Imana cyateguwe n’iyi Korali imaze imyaka irenga 20 ikora umurimo w’ivugabutumwa rinyuze mu ndirimbo.

Iki gitaramo giteganyijwe kuba ku wa 18 Ukuboza 2022 gifite insanganyamatsiko iboneka muri Zaburi 75:2.

Umuramyi Joshua Ishimwe uri mu bagezweho mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana ari mu batumiwe muri “Ndashima Live Concert”.

Umuhanzikazi Jesca Mucyowera na Korali izwi mu Rwanda ya El Shadai n’abo bari mu batumiwe muri iki gitaramo cy’imbaturamugabo.

Hakizimana Jean Damascene umuyobozi wa Korali Vuzimpanda yabwiye UMUSEKE ko bateguye iki gitaramo mu gushima Imana yabacishije mu bihe bikomeye bya Covid-19.

Ati “Tubisohokamo amahoro mu gihe hari abo yahitanye, twiteze ko iki gitaramo kizitabirwa na benshi bakabonamo n’agakiza.”

Vuzimpanda yahoze yitwa Korali ya Nyabugogo yashinzwe mu 1997 ikaba igizwe n’abasaga 65 biganjemo urubyiruko wongeyeho abandi bari ahantu hatandukanye batagikorera muri Kigali bagera kuri 80.

Intego y’iyi Korali ni ukwamamaza Ubwami bw’Imana binyuze mu ndirimo, bazwi kandi mu bitaramo bizenguruka igihugu.

Korali Vuzimpanda bakunzwe mu ndirimbo zitandukanye zirimo izo basohoye kuri album bise “Turagushima Mana” iriho indirimbo 9 mu buryo bw’amajwi n’amashusho.

Album yabo ya kabiri iriho indirimbo 9 bakoranye n’abahanzi batandukanye barimo Bosco Nshuti n’abandi.

Baherukaga gutegura ibitaramo mbere ya Covid-19 gusa bagiye bitabira ubutumire butandukanye hirya no hino mu gihugu.

Umva indirimbo za Korali Vuzimpanda yo muri EPR Kamuhoza

MUNEZERO MILLY FRED / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yemeje urupfu rw’Umuyobozi w’Inama y’Umutekano yayo

Leta ya Iran yemeje ko Umunyamabanga w’Inama y’Umutekano yayo, Dr. Ali Larijani,…

Musanze: Yafatanywe ibiro bisaga 6 by’urumogi arimo kurukwirakwiza

Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, tariki ya 16 werurwe 2026,…

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?