BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Korali Vuzimpanda yateguye igitaramo gikomeye cyo gushima Imana

Korali Vuzimpanda yateguye igitaramo gikomeye cyo gushima Imana

admin
Last updated: November 23, 2022 8:59 am
admin
Share
SHARE

Korali Vuzimpanda yo mu Itorero rya EPR, Paruwasi ya Kamuhoza yashyize hanze amatariki y’igitaramo cyo gushima Imana cyiswe “Ndashima Live Concert”.

Korali Vuzimpanda yateguye igitaramo cyo gushima Imana

Ni igitaramo kigamije gushima Imana cyateguwe n’iyi Korali imaze imyaka irenga 20 ikora umurimo w’ivugabutumwa rinyuze mu ndirimbo.

Iki gitaramo giteganyijwe kuba ku wa 18 Ukuboza 2022 gifite insanganyamatsiko iboneka muri Zaburi 75:2.

Umuramyi Joshua Ishimwe uri mu bagezweho mu muziki wo kuramya no guhimbaza Imana ari mu batumiwe muri “Ndashima Live Concert”.

Umuhanzikazi Jesca Mucyowera na Korali izwi mu Rwanda ya El Shadai n’abo bari mu batumiwe muri iki gitaramo cy’imbaturamugabo.

Hakizimana Jean Damascene umuyobozi wa Korali Vuzimpanda yabwiye UMUSEKE ko bateguye iki gitaramo mu gushima Imana yabacishije mu bihe bikomeye bya Covid-19.

Ati “Tubisohokamo amahoro mu gihe hari abo yahitanye, twiteze ko iki gitaramo kizitabirwa na benshi bakabonamo n’agakiza.”

Vuzimpanda yahoze yitwa Korali ya Nyabugogo yashinzwe mu 1997 ikaba igizwe n’abasaga 65 biganjemo urubyiruko wongeyeho abandi bari ahantu hatandukanye batagikorera muri Kigali bagera kuri 80.

Intego y’iyi Korali ni ukwamamaza Ubwami bw’Imana binyuze mu ndirimo, bazwi kandi mu bitaramo bizenguruka igihugu.

Korali Vuzimpanda bakunzwe mu ndirimbo zitandukanye zirimo izo basohoye kuri album bise “Turagushima Mana” iriho indirimbo 9 mu buryo bw’amajwi n’amashusho.

Album yabo ya kabiri iriho indirimbo 9 bakoranye n’abahanzi batandukanye barimo Bosco Nshuti n’abandi.

Baherukaga gutegura ibitaramo mbere ya Covid-19 gusa bagiye bitabira ubutumire butandukanye hirya no hino mu gihugu.

Umva indirimbo za Korali Vuzimpanda yo muri EPR Kamuhoza

MUNEZERO MILLY FRED / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

2 Min Read
Imyidagaduro

Ibyamamare Lewis Hamilton na Kim Kardashian baravugwa mu munyenga w’urukundo

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?