BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 19, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > KNC yarezwe muri FERWAFA

KNC yarezwe muri FERWAFA

sam
Last updated: July 10, 2025 2:56 pm
sam
Share
SHARE

Umuyobozi w’ikipe ya Gasogi United Kakooza Nkuliza Charles (KNC), yandikiwe ibaruwa n’uwahoze ari umukozi we Kabanda Serge amusaba kubaha amasezerano ndetse ahita amenyesha na FERWAFA.

Ni ibaruwa InyaRwanda ifitiye kopi, bikaba bigaragara ko yanditswe tariki 30 Kamena 2025. Muri iyi baruwa umukinnyi Kabanda Serge yanditse asaba ko KNC usanzwe ari umuyobozi wa Gasogi United, yakubahiriza ibikubiye mu masezerano y’akazi bagiranye ubwo uyu musore yemeraga gukinira iyi kipe. Ntitwabashije kubona uko tuvugana na KNC ku byo ashinjwa na Kabanda Serge.

Muri Gashyantare uyu mwaka ni bwo Iradukunda Kabanda Serge yahagaritswe mu ikipe ya Gasogi United mu buryo butavuzweho rumwe kuko yari yahagaritswe igihe kitazwi. Mu ibaruwa Kabanda yahaye FERWAFA, avuga ko nyuma yo guhagarikwa yakomeje kubahiriza inshingano z’ikipe gusa akemeza ko we hashize amezi 6 ikipe itamuhemba.

Ubusanzwe amategeko ya FIFA yo muri Kamena 2024 agaruka ku igura n’igurisha avuga ko umukinnyi wese w’umupira w’amaguru utishyuwe ibyo agombwa mu gihe giteganyijwe cyangwa cyumvikanyweho, yemerewe gusesa amasezerano ndetse akaba yakurikirana iyo kipe mu mategeko.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Rubavu: Umugore afunzwe akekwaho kwica umugabo we

Umugore wo mu Karere ka Rubavu afunzwe akekwaho kwica umugabo we w’imyaka…

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

Perezida w’ikipe ya AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo…

RDC na M23 basinyanye amasezerano aganisha ku mahoro arambye

Intumwa za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’iz’umutwe wa…

Shema Ngoga Fabrice yatanze kandidatire yo kuyobora FERWAFA

Shema Ngoga Fabrice usanzwe uyobora AS Kigali yatanze kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe…

RDC: Umudepite yatabarije impunzi z’ Abanyekongo ziri mu Burundi ko ubuzima bwazo buri mu kaga

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

2 Min Read
Imikino

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yazamutse ku rutonde rw’ukwezi rwa FIFA

1 Min Read
Imikino

FERWAFA yatangaje ingengabihe y’amatora ya Komite Nyobozi

2 Min Read
Imikino

FIFA yateguye igikorwa cyo guha icyubahiro Diego Jota

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?