BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Nov 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Abakinnyi b’Amavubi bagiye kwishyurwa amadeni mbere yo guhura na Nigeria

Abakinnyi b’Amavubi bagiye kwishyurwa amadeni mbere yo guhura na Nigeria

sam
Last updated: September 5, 2025 10:17 am
sam
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA ry’ijeje abakinnyi b’ikipe y’igihugu Amavibi ko bagiye kwishyurwa ibirarane by’ amafaranga bari baberewemo mu mikino bakiniye iyi kipe.

Byatangajwe na Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice, mu kiganiro yagiranye n’abakinnyi b’ikipe y’igihugu ku wa 4 Nzeri 2025 abizeza kwishyurwa ideni bari bafitiwe ry’imikino bakinnye mbere yo guhura na Nigeria mu mikino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi.

Amafaranga bagiye kwishyurwa arimo aya gahimbazamusyi ko kuba Amavubi yaranganyije na Lesotho igitego 1-1 mu mukino wabaye muri Werurwe mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Amakuru avuga ko amafaranga aba bakinnyi bemerewe nk’agahimbazamusyi angana n’ibihumbi 750 Frw kuri buri mukinnyi.

Shema Fabrice Kandi yizeje aba bakinnyi ko bazishyurwa n’ibirarane by’amafaranga bahabwa uko bahamagawe azwi nka Call up Fees, aho bari baberewemo ayo guhamagarwa inshuro ebyiri, hakiyongeraho ayo kuri iyi nshuro.

Ibi bije mbere y’umukino ikipe y’igihugu y’u Rwanda itegereje gukina na Nigeria kuri uyu wa Gatandatu tariki 5 Nzeri 2025. Ku wa kabiri tariki 9 nzeri 2025, u Rwanda ruzongera rukine na Zimbambwe mu mukino uzabera muri Afurika y’epfo.

U Rwanda ruri mu itsinda C aho ruri kumwe n’ikipe y’igihugu ya Lesotho, Afurika y’Epfo, Nigeria, Zimbambwe na Benin. Iri tsinda riyobowe na Afurika y’epfo ifite amanota 13, u Rwanda na Benin zinganya amanota 8,Nigeria ifite amanota 7, Lesotho ifite amanota 6, naho zimbambwe ifite amanota 4.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
Imikino

Hoteli ya FERWAFA yatangiye gukora nyuma y’imyaka irenga 10 yubakwa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?