BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > KNC yahaye ubwasisi aba-Slay Queens

KNC yahaye ubwasisi aba-Slay Queens

admin
Last updated: August 31, 2022 9:50 am
admin
Share
SHARE

Umuyobozi w’ikipe ya Gasogi United, Kakooza Nkuriza Charles [KNC], yashyize igorora abakobwa barisha ikimero cyabo bazwi ku izina rya ‘Slay-queens’.

KNC yahaye ubwasisi abarimo Yolo_the_Queen

Mu cyumweru gitaha hateganyijwe imikino y’umunsi wa Kabiri wa shampiyona, aho imwe muri iyo harimo uzahuza Gasogi United izaba yakiriye Étincelles FC y’i Rubavu.

Uyu mukino uteganyijwe kuzaba ku wa Kabiri tariki 6 Nzeri 2022 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, umuyobozi wa Gasogi United, KNC, yavuze ko abakobwa bazwi nka Slay-queens bahawe ubwasisi.

Mu kiganiro Rirarashe cya RadioTv1, KNC yavuze ko umukobwa uzagurira umwambaro wa Gasogi United mu iduka rya Hopoline Sports, azahabwa andi mahirwe muri Stade.

Ati “Umu slay-queen aho ari hose, mugure umwambaro wa Gasogi. Mugure umwambaro wa Gasogi nimurangiza muzaze ku mukino wa Étincelles FC, tuzabategurira umwanya wo mu cyubahiro [V.VIP], kandi mu kiruhuko cy’igice cya mbere mwemerewe kujya kunywa champagne, cyangwa ikindi ashaka.”

Yongeyeho ati “Uyu munsi nta mpamvu n’imwe abantu bagomba gufata aba slay-queens uko bishakiye. Mwigaragaze, Gasogi irahari ngo ibahe ibyishimo.”

Ikindi uyu muyobozi yakomeje avuga, ni uko aba bakobwa bazaba baguze imyambaro ya Gasogi United, bazinjirira ubuntu kuri uyu mukino.

Ibi byakozwe mu rwego rwo kubakundisha iyi kipe ifite icyivugo kigira kiti ‘Ibyishimo ni yo Ntego.’

Umukino ubanza wa shampiyona, Gasogi yatsinze Mukura VS igitego 1-0 cyabonetse kuri penaliti.

Gasogi United yiteguye kwakira Étincelles FC
Shaddyboo ari mu bamagariwe kugura imyambaro ya Gasogi United

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

2 Min Read
Imikino

AS Kigali yungutse umutoza mushya

1 Min Read
Imikino

Yanga SC yitegura Rayon Sports yabonye umutoza mushya

2 Min Read
Imikino

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?