BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 17, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > KNC yahaye ubwasisi aba-Slay Queens

KNC yahaye ubwasisi aba-Slay Queens

admin
Last updated: August 31, 2022 9:50 am
admin
Share
SHARE

Umuyobozi w’ikipe ya Gasogi United, Kakooza Nkuriza Charles [KNC], yashyize igorora abakobwa barisha ikimero cyabo bazwi ku izina rya ‘Slay-queens’.

KNC yahaye ubwasisi abarimo Yolo_the_Queen

Mu cyumweru gitaha hateganyijwe imikino y’umunsi wa Kabiri wa shampiyona, aho imwe muri iyo harimo uzahuza Gasogi United izaba yakiriye Étincelles FC y’i Rubavu.

Uyu mukino uteganyijwe kuzaba ku wa Kabiri tariki 6 Nzeri 2022 kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, umuyobozi wa Gasogi United, KNC, yavuze ko abakobwa bazwi nka Slay-queens bahawe ubwasisi.

Mu kiganiro Rirarashe cya RadioTv1, KNC yavuze ko umukobwa uzagurira umwambaro wa Gasogi United mu iduka rya Hopoline Sports, azahabwa andi mahirwe muri Stade.

Ati “Umu slay-queen aho ari hose, mugure umwambaro wa Gasogi. Mugure umwambaro wa Gasogi nimurangiza muzaze ku mukino wa Étincelles FC, tuzabategurira umwanya wo mu cyubahiro [V.VIP], kandi mu kiruhuko cy’igice cya mbere mwemerewe kujya kunywa champagne, cyangwa ikindi ashaka.”

Yongeyeho ati “Uyu munsi nta mpamvu n’imwe abantu bagomba gufata aba slay-queens uko bishakiye. Mwigaragaze, Gasogi irahari ngo ibahe ibyishimo.”

Ikindi uyu muyobozi yakomeje avuga, ni uko aba bakobwa bazaba baguze imyambaro ya Gasogi United, bazinjirira ubuntu kuri uyu mukino.

Ibi byakozwe mu rwego rwo kubakundisha iyi kipe ifite icyivugo kigira kiti ‘Ibyishimo ni yo Ntego.’

Umukino ubanza wa shampiyona, Gasogi yatsinze Mukura VS igitego 1-0 cyabonetse kuri penaliti.

Gasogi United yiteguye kwakira Étincelles FC
Shaddyboo ari mu bamagariwe kugura imyambaro ya Gasogi United

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Santarafurika: Amb Kayumba yagiranye ibiganiro n’aba ofisiye ba RCS

Ambasaderi w’u Rwanda muri Santarafurika, Olivier Kayumba, yagiranye ibiganiro n’ Abakozi b’Urwego…

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

Imiryango itari iya Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahagurutse iri…

Agakoriro ka Gisozi kagiye kwimurirwa mu cyanya cy’inganda i Masoro

Umujyi wa Kigali watangaje ko ibikorwa by’ububaji n’ibindibyakoreraga mu Gakiriro ka Gisozi…

Min Olivier Nduhungirehe Nduhungirehe yaganiriye na mugenzi we waTurkmenistan  

Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'ubutwwrerane w'u Rwanda Olivier Nduhungirehe yagiranye ikiganiro kuri Telefone…

U Rwanda ruritegura kwakira inama ikomeye ya OIF

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rwatangiye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

KNC yarezwe muri FERWAFA

1 Min Read
Imikino

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yazamutse ku rutonde rw’ukwezi rwa FIFA

1 Min Read
Imikino

FERWAFA yatangaje ingengabihe y’amatora ya Komite Nyobozi

2 Min Read
Imikino

FIFA yateguye igikorwa cyo guha icyubahiro Diego Jota

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?