BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Kiyovu yazanye rutahizamu ukomoka muri Afurika y’Epfo

Kiyovu yazanye rutahizamu ukomoka muri Afurika y’Epfo

admin
Last updated: August 4, 2022 10:39 am
admin
Share
SHARE

Rutahizamu ukomoka muri Afurika y’Epfo no muri Algéria, Riyaad Norodien, yageze mu Rwanda aho aje gusoza ibye na Kiyovu Sports agahita atangira akazi.

Riyaad Nordien yakiriwe na Alain-André utoza Kiyovu Sports

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane, ni bwo rutahizamu Riyaad Norodien yasesekaye ku kibuga mpuzamahanga cy’indege i Kanombe, aho aje kurangiza ibiganiro bye na Kiyovu Sports.

Uyu musore w’imyaka 27 bivugwa ko yatumweho na Kiyovu Sports ndetse ibiganiro by’ibanze byarangiye hagati y’impande zombi, igisigaye ari ugusoza ibyanyuma ubundi agashyira umukono ku masezerano.

Uyu rutahizamu witezweho kongera imbaraga mu busatirizi bwa Kiyovu Sports, yakiniraga DCMP yo muri Répubulika Iharanira Demokarasi Congo yatojwe na Alain-André waje gutoza iyi kipe yo ku Mumena.

Amakuru yandi avuga ko uyu musore yaje gusimbura Sheiboub Sharaf ukomoka muri Sudan watandukanye na Kiyovu Sports, ndetse akaba azasinya bitarenze ku wa Gatanu w’iki Cyumweru.

Yakiniye amakipe arimo Orlando Pirates [2016-2018], Platinum Stars nk’intizanyo [2018], Cape Town City [2018-2020], Cape Umoya United [2020], Cape Town Spurs [2020-2021] na DCMP yaherukagamo mu 2021.

Riyaad ubwo yari ageze i Kanombe
Ni umusore witezweho kuzafasha Kiyovu Sports
Riyaad yakiniye Ikipe y’igihugu ya Afurika y’Epfo mu bihe bitandukanye

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki, aho kizitabitwa…

Gasabo: Polisi yafashe abateka bakanagurisha kanyanga abaturage

Polisi ikorera mu Murenge wa Ndera n'uwa Rusororo ndetse n'uwa Gikomero yo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

2 Min Read
Imikino

AS Kigali yungutse umutoza mushya

1 Min Read
Imikino

Yanga SC yitegura Rayon Sports yabonye umutoza mushya

2 Min Read
Imikino

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?