BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kicukiro: Abantu basanze umugabo iwe bamuteragura ibyuma

Kicukiro: Abantu basanze umugabo iwe bamuteragura ibyuma

admin
Last updated: November 21, 2022 11:28 am
admin
Share
SHARE

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, Twagirayezu Theogene uri mu kigero cy’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Kanombe, mu Karere ka Kicukiro yishwe n’abantu bataramenyekana bamusanze mu nzu bamuteragura ibyuma.

Kanombe umugabo yishwe atewe ibyuma

Ibi byabaye ahagana saa cyenda z’igitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 21 Ugushyingo 2022, mu Mudugudu wa Mulindi, Akagari ka Kabeza, Umurenge wa Kanombe.

Umugore we yasohotse atabaza abaturanyi, avuga ko umugabo apfuye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanombe, NKURUNZIZA Idrissa yemereye UMUSEKE iby’ubu bugizi bwa nabi, avuga ko inzego z’umutekano zikomeje iperereza ngo hatahurwe abakoze ibi.

Ati “Nibyo, ahagana saa cyenda zo mu rukerera nibwo badutabaje, batubwira ko umugore atabaje avuga ko umugabo we yapfuye.

Kugeza ubu ntituramenya ngo yishwe na bande kuko bari mu nzu, niho bamusanze ndetse n’umugore we yari ahari, ariko yasohotse ajya guhuruza abaturanyi.

Ubu bari gukurikirana ngo hamenyekane ababigizemo uruhare.”

Twagirayezu Theogene akaba yishwe atewe icyuma ku ijosi. Hari amakuru UMUSEKE avugwa ko uriya mugabo yaba yagambaniwe n’umugore we.

Kugeza ubu inzego z’umutekano, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, zikomeje iperere kugira ngo babashe kumenya ababikoze.

Hari abamaze gufatwa ngo babazwe harimo n’umugore wa nyakwigendera.

NKURUNZIZA Idrissa, uyobora umurenge wa Kanombe akaba yasabye abaturage kurushaho kwicungira umutekano no gutangira amakuru ku gihe, haba hari amakimbirane ari mu muryango bakabigaragaza hakiri kare, kandi babona abantu batazi mu Mudugudu n’abateza urugomo bakamenyesha inzego z’ubuyobozi.

Nyakwigendera yabanaga byemewe n’amategeko n’umugore we, bari bafitanye umwana umwe, mu nzu yabo bakaba banabanagamo n’umukozi.

Inzu babagamo iri mu gipangu kibamo n’izindi nzu zibamo abandi bantu.

Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku Bitaro bya Kacyiru kugira ngo ukorerwe isuzuma.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?