BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jan 23, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kicukiro: Abantu basanze umugabo iwe bamuteragura ibyuma

Kicukiro: Abantu basanze umugabo iwe bamuteragura ibyuma

admin
Last updated: November 21, 2022 11:28 am
admin
Share
SHARE

Mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, Twagirayezu Theogene uri mu kigero cy’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Kanombe, mu Karere ka Kicukiro yishwe n’abantu bataramenyekana bamusanze mu nzu bamuteragura ibyuma.

Kanombe umugabo yishwe atewe ibyuma

Ibi byabaye ahagana saa cyenda z’igitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 21 Ugushyingo 2022, mu Mudugudu wa Mulindi, Akagari ka Kabeza, Umurenge wa Kanombe.

Umugore we yasohotse atabaza abaturanyi, avuga ko umugabo apfuye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanombe, NKURUNZIZA Idrissa yemereye UMUSEKE iby’ubu bugizi bwa nabi, avuga ko inzego z’umutekano zikomeje iperereza ngo hatahurwe abakoze ibi.

Ati “Nibyo, ahagana saa cyenda zo mu rukerera nibwo badutabaje, batubwira ko umugore atabaje avuga ko umugabo we yapfuye.

Kugeza ubu ntituramenya ngo yishwe na bande kuko bari mu nzu, niho bamusanze ndetse n’umugore we yari ahari, ariko yasohotse ajya guhuruza abaturanyi.

Ubu bari gukurikirana ngo hamenyekane ababigizemo uruhare.”

Twagirayezu Theogene akaba yishwe atewe icyuma ku ijosi. Hari amakuru UMUSEKE avugwa ko uriya mugabo yaba yagambaniwe n’umugore we.

Kugeza ubu inzego z’umutekano, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, zikomeje iperere kugira ngo babashe kumenya ababikoze.

Hari abamaze gufatwa ngo babazwe harimo n’umugore wa nyakwigendera.

NKURUNZIZA Idrissa, uyobora umurenge wa Kanombe akaba yasabye abaturage kurushaho kwicungira umutekano no gutangira amakuru ku gihe, haba hari amakimbirane ari mu muryango bakabigaragaza hakiri kare, kandi babona abantu batazi mu Mudugudu n’abateza urugomo bakamenyesha inzego z’ubuyobozi.

Nyakwigendera yabanaga byemewe n’amategeko n’umugore we, bari bafitanye umwana umwe, mu nzu yabo bakaba banabanagamo n’umukozi.

Inzu babagamo iri mu gipangu kibamo n’izindi nzu zibamo abandi bantu.

Umurambo wa nyakwigendera wajyanywe ku Bitaro bya Kacyiru kugira ngo ukorerwe isuzuma.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri manda ya Karindwi

3 Min Read
Politike

U Rwanda na Togo byiyemeje gukuriraho Visa abaturage

2 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

4 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda ruzongera gutanga Louise Mushikiwabo nk’umukandida WA OIF

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?