BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Feb 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Kenya: Paul Mackenzie yongeye kuregwa ku rupfu rw’abandi bantu 52 nyuma y’abarenga 400 asanzwe akurikiranywaho

Kenya: Paul Mackenzie yongeye kuregwa ku rupfu rw’abandi bantu 52 nyuma y’abarenga 400 asanzwe akurikiranywaho

admin
Last updated: February 12, 2026 9:48 am
admin
Share
SHARE

Urwego rushinzwe Ubushinjacyaha muri Kenya rwatangaje ko rwongeye kurega mu nkiko Paul Mackenzie, wiyita umuvugabutumwa, ku byaha bifitanye isano n’urupfu rw’abandi bantu 52 bivugwa ko bapfiriye mu bikorwa by’idini rye nyuma yo kwicwa ni nzara mu masengesho yo kwiyiriza yari yabategetse.

Nk’uko byatangajwe ni uko uwo Mackenzie wiyita umukozi w’Imana yari amaze igihe n’ubundi akurikiranywaho uruhare mu rupfu rw’abantu barenga 400 nabo bivugwa ko bapfiriye mu bikorwa by’idini rye nyuma bakaza gusangwa mu ishyamba rya Shakahola, riherereye hafi y’umujyi wa Malindi ku nkombe z’Inyanja y’u Buhinde mu 2023.

Ubushinjacyaha bwa Kenya bwatangaje ko uwo mugabo Mackenzie n’abo bareganwa bashinjwa ibyaha birimo kuyobora umutwe w’abagizi ba nabi, gukwirakwiza inyigisho z’ibinyoma, gutesha agaciro ubutegetsi, ndetse no gutegura ibikorwa bifitanye isano n’iterabwoba.

Amakuru ahari avuga ko ibyo birego uwo mugabo n’abo bareganwa bashinjwa bifitanye isano n’imirambo 52 iherutse kuboneka mu gace ka Kwa Binzaro muri Chakama, mu Ntara ya Kilifi, hafi y’aho abantu barenga 400 bari basanzwe n’ubundi bapfuye.

Uyu mugabo ufungiye muri gereza ya Mombasa mu rubanza ruri kubera muri uwo mujyi yaburanye ahakanira kure ibyaha byose aregwa, avuga ko abeshyerwa.

Nyuma y’impaka zabereye mu rukiko abacamanza banzuye ko iburanisha rihagarara rikaba rizongera kuba ku wa 4 Werurwe 2026, hanafatwa imyanzuro yarwo nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bushinzwe kuburanisha mu mujyi wa Mombasa.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Kenya: Paul Mackenzie yongeye kuregwa ku rupfu rw’abandi bantu 52 nyuma y’abarenga 400 asanzwe akurikiranywaho

Urwego rushinzwe Ubushinjacyaha muri Kenya rwatangaje ko rwongeye kurega mu nkiko Paul…

Huye: Guverineri na Polisi batangije ubukangurambaga bwo kurwanya ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Alice Kayitesi ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda basabye…

Nyamirambo: Umujura wa Kabiri mu bashikuje telefoni umuturage bagahungira muri rigore nawe yavuyemo. 

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko abajura babiri bari bashikuje telefone abantu bakajya…

Kenya: Abakora mu bwikorezi bwo mu kirere bateguje imyigaragambyo

Ihuriro ry’abatanga serivisi zijyanye n’ubwikorezi bwo mu kirere ryo muri Kenya, ryatanze…

Min.Nduhungirehe yanenze AU ikomeje kurengera Kinshasa ikora ibitemewe n’amategeko birimo gukoresha abacancuro 

Nyuma yuko hasohotse inkuru yemeza ko Erik Prince washinzwe umutwe wa Blackwater…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Leta ya DRC yareze MTN Group gukorera kubutaka bwayo nta burenganzira ibifitiye

1 Min Read
Mu mahanga

Burundi: Ikibuga cy’indege cya Bujumbura cyugarijwe n’ibibazo by’itumanaho .

2 Min Read
Mu mahanga

Umuyobozi mu Burundi yavuze ko abagore bazajya basangwa mu kabari batari kumwe n’abagabo babo bazabihanirwa

3 Min Read
Mu mahanga

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?