Urwego rushinzwe Ubushinjacyaha muri Kenya rwatangaje ko rwongeye kurega mu nkiko Paul Mackenzie, wiyita umuvugabutumwa, ku byaha bifitanye isano n’urupfu rw’abandi bantu 52 bivugwa ko bapfiriye mu bikorwa by’idini rye nyuma yo kwicwa ni nzara mu masengesho yo kwiyiriza yari yabategetse.
Nk’uko byatangajwe ni uko uwo Mackenzie wiyita umukozi w’Imana yari amaze igihe n’ubundi akurikiranywaho uruhare mu rupfu rw’abantu barenga 400 nabo bivugwa ko bapfiriye mu bikorwa by’idini rye nyuma bakaza gusangwa mu ishyamba rya Shakahola, riherereye hafi y’umujyi wa Malindi ku nkombe z’Inyanja y’u Buhinde mu 2023.
Ubushinjacyaha bwa Kenya bwatangaje ko uwo mugabo Mackenzie n’abo bareganwa bashinjwa ibyaha birimo kuyobora umutwe w’abagizi ba nabi, gukwirakwiza inyigisho z’ibinyoma, gutesha agaciro ubutegetsi, ndetse no gutegura ibikorwa bifitanye isano n’iterabwoba.
Amakuru ahari avuga ko ibyo birego uwo mugabo n’abo bareganwa bashinjwa bifitanye isano n’imirambo 52 iherutse kuboneka mu gace ka Kwa Binzaro muri Chakama, mu Ntara ya Kilifi, hafi y’aho abantu barenga 400 bari basanzwe n’ubundi bapfuye.
Uyu mugabo ufungiye muri gereza ya Mombasa mu rubanza ruri kubera muri uwo mujyi yaburanye ahakanira kure ibyaha byose aregwa, avuga ko abeshyerwa.
Nyuma y’impaka zabereye mu rukiko abacamanza banzuye ko iburanisha rihagarara rikaba rizongera kuba ku wa 4 Werurwe 2026, hanafatwa imyanzuro yarwo nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bushinzwe kuburanisha mu mujyi wa Mombasa.
