BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kamonyi: Umurambo w’umukecuru w’imyaka 69 wasanzwe mu mugezi 

Kamonyi: Umurambo w’umukecuru w’imyaka 69 wasanzwe mu mugezi 

admin
Last updated: November 15, 2022 3:16 pm
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kayumbu buvuga ko bwasanze umurambo w’umukecuru witwaga, Mukantabana Agnès mu mugezi uhuza Umurenge wa Kayumbu n’uwa Musambira.

Akarere ka Kamonyi ni mu ibara ritukura cyane

Ahagana saa kumi n’ebyeri z’igitondo  cyo kuri uyu wa kabiri taliki ya 15 Ugushyingo, 2022 nibwo abaturage  bamenyesheje ubuyobozi bw’Umurenge ko babonye umurambo wa Mukantabana Agnès w’imyaka 69 y’amavuko mu mazi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kayumbu, Niyobuhungiro Obedy yabwiye UMUSEKE ko  amakuru bahawe n’abaturage avuga ko uyu mukecuru yavuye iwe mu rugo ejo hashize ku wa Mbere, saa kumi n’ebyeri z’umugoroba, agiye gusura uwitwa Karangwa Emmanuel baramutegereza ntiyagaruka.

Gitifu Niyobuhungiro avuga ko babonye atagarutse bajya kumureba aho kwa Karangwa babahakanira ko atigeze ahagera.

Yagize ati: “Birakekwa ko hari abamwishe baza kumujugunya mu mugezi bashaka kuyobya uburari.”

Gusa yavuze ko inzego z’ubugenzacyaha zatangiye gukora iperereza kugira ngo hamenyekane icyaba cyamwishe.

Yashimiye abaturage batanze ayo makuru, asaba n’abandi ko aho babonye ubugizi bwa nabi cyangwa ibikorwa by’urugomo bajya batungira agatoki inzego z’umutekano kugira ngo ababigizemo uruhare bahanwe.

Mukantabana Agnès yari atuye mu Mudugudu wa Buramba mu Kagari  ka Busoro mu Murenge wa Kayumbu, umurambo we ukaba wajyanywe mu Bitaro bya Remera Rukoma.

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Muhanga.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?