BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kamonyi: Umurambo w’umukecuru w’imyaka 69 wasanzwe mu mugezi 

Kamonyi: Umurambo w’umukecuru w’imyaka 69 wasanzwe mu mugezi 

admin
Last updated: November 15, 2022 3:16 pm
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kayumbu buvuga ko bwasanze umurambo w’umukecuru witwaga, Mukantabana Agnès mu mugezi uhuza Umurenge wa Kayumbu n’uwa Musambira.

Akarere ka Kamonyi ni mu ibara ritukura cyane

Ahagana saa kumi n’ebyeri z’igitondo  cyo kuri uyu wa kabiri taliki ya 15 Ugushyingo, 2022 nibwo abaturage  bamenyesheje ubuyobozi bw’Umurenge ko babonye umurambo wa Mukantabana Agnès w’imyaka 69 y’amavuko mu mazi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kayumbu, Niyobuhungiro Obedy yabwiye UMUSEKE ko  amakuru bahawe n’abaturage avuga ko uyu mukecuru yavuye iwe mu rugo ejo hashize ku wa Mbere, saa kumi n’ebyeri z’umugoroba, agiye gusura uwitwa Karangwa Emmanuel baramutegereza ntiyagaruka.

Gitifu Niyobuhungiro avuga ko babonye atagarutse bajya kumureba aho kwa Karangwa babahakanira ko atigeze ahagera.

Yagize ati: “Birakekwa ko hari abamwishe baza kumujugunya mu mugezi bashaka kuyobya uburari.”

Gusa yavuze ko inzego z’ubugenzacyaha zatangiye gukora iperereza kugira ngo hamenyekane icyaba cyamwishe.

Yashimiye abaturage batanze ayo makuru, asaba n’abandi ko aho babonye ubugizi bwa nabi cyangwa ibikorwa by’urugomo bajya batungira agatoki inzego z’umutekano kugira ngo ababigizemo uruhare bahanwe.

Mukantabana Agnès yari atuye mu Mudugudu wa Buramba mu Kagari  ka Busoro mu Murenge wa Kayumbu, umurambo we ukaba wajyanywe mu Bitaro bya Remera Rukoma.

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Muhanga.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?