BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kamonyi: Inzu y’ubucuruzi yafashwe n’inkongi y’Umuriro

Kamonyi: Inzu y’ubucuruzi yafashwe n’inkongi y’Umuriro

admin
Last updated: August 31, 2022 10:42 am
admin
Share
SHARE
Mu ijoro ryo kuwa 29/rishyira taliki ya 30 Kanama 2022  inzu y’ubucuruzi yafashwe n’inkongi ibyarimo byose birashya birakongoka.
Ibicuruzwa byari muri iyi nzu byahiye birakongoka
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rukoma Nsengiyumva Pierre Célestin avuga ko hataramenyekana icyateye iyo nkongi.

Ati“Hahiriyemo ibicuruzwa by’ubwoko bwose kuko harimo matela, imyenda y’abagabo n’ibindi byinshi.”

Nsengiyumva yavuze ko uwacururizaga muri iyi nyubako yakodeshaga, cyakora bakaba biyambaje Ishami rya Polisi y’Iigihugu rishinzwe kuzimya umuriro (Fire brigade of Police).

Gitifu yavuze ko  iyi nzu nta bwishingizi  yari ifite, kugira ngo hishyurwe indi n’ibicuruzwa byahiriyemo.

Usibye iyi nyubako, n’imyenda myinshi yahiriyemo, hari kandi n’imashini zidoda, amasafuriya, amasahani y’ubwoko butandukanye ndetse n’amaradiyo.

Ubuyobozi bw’Umurenge buvuga ko nyiri iyo nzu yahiye ari uwitwa Kabagema Jean Baptiste utuye mu Mujyi wa Muhanga, naho uwayicururizagamo akaba yitwa Nyandwi Jean.

Ubuyobozi n’ibigo by’ubwishingizi hashize igihe basaba abaturage cyane cyane abacuruzi gushinganisha amaduka, ibicuruzwa, amatungo ndetse n’imyaka mu rwego rwo  kugira ngo hirindwe ibihombo biterwa  n’inkongi.

MUHIZI ELISÉE / UMUSEKE.RW i KAMONYI
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?