
Ati“Hahiriyemo ibicuruzwa by’ubwoko bwose kuko harimo matela, imyenda y’abagabo n’ibindi byinshi.”
Gitifu yavuze ko iyi nzu nta bwishingizi yari ifite, kugira ngo hishyurwe indi n’ibicuruzwa byahiriyemo.
Usibye iyi nyubako, n’imyenda myinshi yahiriyemo, hari kandi n’imashini zidoda, amasafuriya, amasahani y’ubwoko butandukanye ndetse n’amaradiyo.
Ubuyobozi bw’Umurenge buvuga ko nyiri iyo nzu yahiye ari uwitwa Kabagema Jean Baptiste utuye mu Mujyi wa Muhanga, naho uwayicururizagamo akaba yitwa Nyandwi Jean.
Ubuyobozi n’ibigo by’ubwishingizi hashize igihe basaba abaturage cyane cyane abacuruzi gushinganisha amaduka, ibicuruzwa, amatungo ndetse n’imyaka mu rwego rwo kugira ngo hirindwe ibihombo biterwa n’inkongi.
