BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Jimmy Gatete yasuye Amavubi y’Abafite Ubumuga

Jimmy Gatete yasuye Amavubi y’Abafite Ubumuga

admin
Last updated: October 19, 2022 3:37 pm
admin
Share
SHARE

Rutahizamu w’Abanyarwanda, Gatete Jimmy mbere yo gusubira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yasuye ikipe y’Igihugu y’Abafite Ubumuga bagirana ibihe byiza birimo ibiganiro byiza.

Gatete Jimmy na kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ya Amputee, Gatete Fidèle

Ibi byabaye kuwa Kabiri tariki 18 Ukwakira 2022, bibera ku Ishyirahamwe ry’Umukino wa Amputee, Kimisagara.

Impamvu nyamukuru yo gusura aba bafite ubumuga, kwari ukureba abafite impano zo gukina umukino wa Amputee no kuzakorera ubuvugizi abawukina ariko ikindi kwari uguhura na kapiteni w’Ikipe y’Igihugu bitiranwa, Gatete Fidéle.

Iki gikorwa cyarimo na perezida w’umukino wa Amputee mu Rwanda, Rugwiro Audase washimiye cyane Gatete Jimmy ku kuzirikana abafite ubumuga.

Rugwiro yavuze ko kubona umuntu ufite izina rinini nka Gatete aza kubasura, ntacyo babigereranya nacyo.

Ati “Twishimiye kuba twakiriye Jimmy Gatete nk’umunyabigwi muri Siporo y’u Rwanda.”

Yongeyeho ati “Twagiranye ibiganiro by’ingirakamaro n’ubwo bitatinze kuko yari afite urugendo. Abakinnyi bamweretse impano bafite ndetse bamusezeranya ko nabo bazajyana u Rwanda mu mikino y’igikombe cya Afurika.”

Umukino w’umupira w’amaguru w’abafite ubumuga [Amputee] wageze mu Rwanda mu 2015, ari nabwo hahitaga hatangizwa ikipe y’igihugu yaje kwegukana CECAFA mu 2019 yakuye muri Tanzania.

Mu 2023 u Rwanda ruzitabira imikino ya CECAFA izatanga ikipe izitabira imikino y’igikombe cya Afurika.

Uretse mu mupira w’amaguru w’abafite ubumuga, no mu yindi mikino abafite ubumuga bakomeje kugaragaza ko bashoboye, cyane ko nko muri Sitting Volleyball u Rwanda ruzitabira Igikombe cy’Isi kizabera muri Bosnie Hérzegovine kizaba mu kwezi gutaha.

Jimmy yanagiranye ibiganiro na perezida w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’umukino wa Amputee, Audace
Gatete yashyize umukono we ku mwambaro wa kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ya Amputee, Gatete Fidèle

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

2 Min Read
Imikino

AS Kigali yungutse umutoza mushya

1 Min Read
Imikino

Yanga SC yitegura Rayon Sports yabonye umutoza mushya

2 Min Read
Imikino

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?