BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jul 19, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Jimmy Gatete yasuye Amavubi y’Abafite Ubumuga

Jimmy Gatete yasuye Amavubi y’Abafite Ubumuga

admin
Last updated: October 19, 2022 3:37 pm
admin
Share
SHARE

Rutahizamu w’Abanyarwanda, Gatete Jimmy mbere yo gusubira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yasuye ikipe y’Igihugu y’Abafite Ubumuga bagirana ibihe byiza birimo ibiganiro byiza.

Gatete Jimmy na kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ya Amputee, Gatete Fidèle

Ibi byabaye kuwa Kabiri tariki 18 Ukwakira 2022, bibera ku Ishyirahamwe ry’Umukino wa Amputee, Kimisagara.

Impamvu nyamukuru yo gusura aba bafite ubumuga, kwari ukureba abafite impano zo gukina umukino wa Amputee no kuzakorera ubuvugizi abawukina ariko ikindi kwari uguhura na kapiteni w’Ikipe y’Igihugu bitiranwa, Gatete Fidéle.

Iki gikorwa cyarimo na perezida w’umukino wa Amputee mu Rwanda, Rugwiro Audase washimiye cyane Gatete Jimmy ku kuzirikana abafite ubumuga.

Rugwiro yavuze ko kubona umuntu ufite izina rinini nka Gatete aza kubasura, ntacyo babigereranya nacyo.

Ati “Twishimiye kuba twakiriye Jimmy Gatete nk’umunyabigwi muri Siporo y’u Rwanda.”

Yongeyeho ati “Twagiranye ibiganiro by’ingirakamaro n’ubwo bitatinze kuko yari afite urugendo. Abakinnyi bamweretse impano bafite ndetse bamusezeranya ko nabo bazajyana u Rwanda mu mikino y’igikombe cya Afurika.”

Umukino w’umupira w’amaguru w’abafite ubumuga [Amputee] wageze mu Rwanda mu 2015, ari nabwo hahitaga hatangizwa ikipe y’igihugu yaje kwegukana CECAFA mu 2019 yakuye muri Tanzania.

Mu 2023 u Rwanda ruzitabira imikino ya CECAFA izatanga ikipe izitabira imikino y’igikombe cya Afurika.

Uretse mu mupira w’amaguru w’abafite ubumuga, no mu yindi mikino abafite ubumuga bakomeje kugaragaza ko bashoboye, cyane ko nko muri Sitting Volleyball u Rwanda ruzitabira Igikombe cy’Isi kizabera muri Bosnie Hérzegovine kizaba mu kwezi gutaha.

Jimmy yanagiranye ibiganiro na perezida w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’umukino wa Amputee, Audace
Gatete yashyize umukono we ku mwambaro wa kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ya Amputee, Gatete Fidèle

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Rubavu: Umugore afunzwe akekwaho kwica umugabo we

Umugore wo mu Karere ka Rubavu afunzwe akekwaho kwica umugabo we w’imyaka…

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

Perezida w’ikipe ya AS Kigali, Shema Ngoga Fabrice, agiye gutanga kandidatire yo…

RDC na M23 basinyanye amasezerano aganisha ku mahoro arambye

Intumwa za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) n’iz’umutwe wa…

Shema Ngoga Fabrice yatanze kandidatire yo kuyobora FERWAFA

Shema Ngoga Fabrice usanzwe uyobora AS Kigali yatanze kandidatire yo kuyobora Ishyirahamwe…

RDC: Umudepite yatabarije impunzi z’ Abanyekongo ziri mu Burundi ko ubuzima bwazo buri mu kaga

Umudepite uhagarariye Intara ya Kivu y’Epfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

2 Min Read
Imikino

KNC yarezwe muri FERWAFA

1 Min Read
Imikino

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda yazamutse ku rutonde rw’ukwezi rwa FIFA

1 Min Read
Imikino

FERWAFA yatangaje ingengabihe y’amatora ya Komite Nyobozi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?