BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Jan 24, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Jimmy Gatete yasuye Amavubi y’Abafite Ubumuga

Jimmy Gatete yasuye Amavubi y’Abafite Ubumuga

admin
Last updated: October 19, 2022 3:37 pm
admin
Share
SHARE

Rutahizamu w’Abanyarwanda, Gatete Jimmy mbere yo gusubira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yasuye ikipe y’Igihugu y’Abafite Ubumuga bagirana ibihe byiza birimo ibiganiro byiza.

Gatete Jimmy na kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ya Amputee, Gatete Fidèle

Ibi byabaye kuwa Kabiri tariki 18 Ukwakira 2022, bibera ku Ishyirahamwe ry’Umukino wa Amputee, Kimisagara.

Impamvu nyamukuru yo gusura aba bafite ubumuga, kwari ukureba abafite impano zo gukina umukino wa Amputee no kuzakorera ubuvugizi abawukina ariko ikindi kwari uguhura na kapiteni w’Ikipe y’Igihugu bitiranwa, Gatete Fidéle.

Iki gikorwa cyarimo na perezida w’umukino wa Amputee mu Rwanda, Rugwiro Audase washimiye cyane Gatete Jimmy ku kuzirikana abafite ubumuga.

Rugwiro yavuze ko kubona umuntu ufite izina rinini nka Gatete aza kubasura, ntacyo babigereranya nacyo.

Ati “Twishimiye kuba twakiriye Jimmy Gatete nk’umunyabigwi muri Siporo y’u Rwanda.”

Yongeyeho ati “Twagiranye ibiganiro by’ingirakamaro n’ubwo bitatinze kuko yari afite urugendo. Abakinnyi bamweretse impano bafite ndetse bamusezeranya ko nabo bazajyana u Rwanda mu mikino y’igikombe cya Afurika.”

Umukino w’umupira w’amaguru w’abafite ubumuga [Amputee] wageze mu Rwanda mu 2015, ari nabwo hahitaga hatangizwa ikipe y’igihugu yaje kwegukana CECAFA mu 2019 yakuye muri Tanzania.

Mu 2023 u Rwanda ruzitabira imikino ya CECAFA izatanga ikipe izitabira imikino y’igikombe cya Afurika.

Uretse mu mupira w’amaguru w’abafite ubumuga, no mu yindi mikino abafite ubumuga bakomeje kugaragaza ko bashoboye, cyane ko nko muri Sitting Volleyball u Rwanda ruzitabira Igikombe cy’Isi kizabera muri Bosnie Hérzegovine kizaba mu kwezi gutaha.

Jimmy yanagiranye ibiganiro na perezida w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’umukino wa Amputee, Audace
Gatete yashyize umukono we ku mwambaro wa kapiteni w’Ikipe y’Igihugu ya Amputee, Gatete Fidèle

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yashyikirije abasifuzi mpuzamahanga ibirango bya FIFA bazakoresha muri 2026

2 Min Read
Imikino

CAN 2025: Maroc na Senegal zabonye itike ya ½ 

4 Min Read
Imikino

Bugesera FC yongeye gukora mu nkovu Rayon Sports FC

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?