BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Inzoga yahitanye abantu 12 muri Uganda

Inzoga yahitanye abantu 12 muri Uganda

admin
Last updated: August 22, 2022 2:20 pm
admin
Share
SHARE

Abantu 12 muri Uganda, bishwe n’inzoga yo mu bwoko bwa Gin bivugwa ko yatawemo amarozi hagati yo ku wa Gatandatu no ku Cyumweru dusoje.

Iyi nzoga niyo yahitanye abantu 12 abandi barembeye mu bitaro

Polisi yo muri Uganda yatangaje ko yatangiye iperereza ku rupfu rw’abantu 12 bahitanywe n’inzoga izwi ku izina rya “City 5 Pineapple Flavoured Gin”.

Yavuze ko abandi benshi bo mu Karere ka Madi-Okollo barimo umucuruzi umwe wagurishaga barembeye mu bitaro nyuma yo kuyinywa.

Usibye kuba hakekwa kuba harashyizwe uburozi muri iyo nzoga, ibiyigize ubwayo ntibisobanutse kuko ibyanditse ku macupa bitizewe.

Polisi yatangaje ko hakusanyijwe ibipimo by’iyi nzoga kugira ngo bijye gusuzumwa muri Laboratwari zishinzwe kugenzura ubuziranenge muri Uganda.

Abantu 4 bamaze gutabwa muri yombi mu gihe uruganda rukora iyi nzoga rwahise rufungwa mu gihe iperereza rikomeje.

Mu mwaka wa 2010 muri Uganda abantu bagera kuri 80 bahitanywe n’inzoga nk’iyi aho ubuyobozi bwatangaje ko yasanzwemo ikinyabutabire cya Methanol.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Hagiye kuba inama Yiga Uko Isi Yose Yakwemera Leta Ya Palestine nk’igihugu

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yanenze Radio Okapi n’ibindi bitangazamakuru bibogamira ku nkuru ziyisebya 

3 Min Read
Mu mahanga

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

1 Min Read
Mu mahanga

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?