BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Intumwa ya Congo yikuye mu ifoto y’Abayobozi bafunguye inama ya Francophonie

Intumwa ya Congo yikuye mu ifoto y’Abayobozi bafunguye inama ya Francophonie

admin
Last updated: November 19, 2022 2:49 pm
admin
Share
SHARE

Ministeri ishinzwe itumanaho muri Congo Kinshasa yavuze ko Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu yikuye mu ifoto y’Abayobozi bafunguye inama y’Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa (IOF), ku bwo “kwigaragambya”.

Minisitiri w’Intebe wa Congo, Minisitiri w’Intebe, Sama Lukonde yikuye muri iyi foto, ngo agaragaze ko adashyigikye ubushotoranyi bw’u Rwanda

Ubutumwa bwa Minisiteri y’Itumanaho n’Itangazamakuru muri Congo, bugira buti “Ntiyari kujya i ruhande rwa Perezida Paul Kagame, ku bwo kugaragaza ko Guverinoma idashyigikiye na gato ubushotoranyi bw’u Rwanda, Minisitiri w’Intebe, Sama Lukonde uhagarariye Perezida Tshisekedi, ntabwo yagiye mu ifoto rusange yo gufungura inama ya Francophonie.”

Iyi nama ibera i Djerba muri Tunisia iyobowe na Mme Louise Mushikiwabo, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa, OIF, iteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu n’ejo ku Cyumweru.

Perezida Paul Kagame na Mme Jeannatte Kagame bitabiriye iyi nama nk’uko bikubiye mu itangazo Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byagenewe Abanyamakuru.

Mme Mushikiwabo afite amahirwe yo gutorerwa indi manda. Ari mu ifoto imwe na Perezida Paul Kagame na Perezida wa Tunisia, Kais Saied

Ni nama ya 18 y’Abakuru b’ibihugu na Guverinoma bo mu bihugu bikoresha Igifaransa, ikaba ifite insangamatsiko ijyanye no kwihutisha ikoranabuhanga mu Isi y’ibihugu bivuga igifaransa.

Muri iyi nama kandi ni akanya ko kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 uyu muryango umaze ubayeho.

Biteganyijwe ko muri iyi nama abayobozi bazatora Umunyabanga Mukuru w’uyu muryango muri manda y’imyaka itatu 2023-2026.

Mme Louise Mushikiwabo, afite amahirwe yo kongera gutorerwa manda ya kabiri, nk’umukandida watanzwe n’u Rwanda.

Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa, (Organisation Internationale de la Francophonie, OIF), washinzwe mu 1970 ukaba ufite ibihugu binyamuryango 88.

Abakoresha Igifaransa ku isi babarirwa muri miliyoni 321, biteganywa ko mu mwaka wa 2050, abavuga Igifaransa bazaba ari miliyoni 750.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • BYINZUKI JEAN BAPTISTE says:
    November 19, 2022 at 3:12 pm

    Africa twese turi bamwe pe.

    Nuko MSF(Medicins Sans Frontier) birukanwe mu Rwanda ngo bafasha imitwe irwanya Leta .

    Reply
  • Pingback: Louise Mushikiwabo yongeye gutorerwa kuyobora Francophonie – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?