BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Intumwa ya Congo yikuye mu ifoto y’Abayobozi bafunguye inama ya Francophonie

Intumwa ya Congo yikuye mu ifoto y’Abayobozi bafunguye inama ya Francophonie

admin
Last updated: November 19, 2022 2:49 pm
admin
Share
SHARE

Ministeri ishinzwe itumanaho muri Congo Kinshasa yavuze ko Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu yikuye mu ifoto y’Abayobozi bafunguye inama y’Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa (IOF), ku bwo “kwigaragambya”.

Minisitiri w’Intebe wa Congo, Minisitiri w’Intebe, Sama Lukonde yikuye muri iyi foto, ngo agaragaze ko adashyigikye ubushotoranyi bw’u Rwanda

Ubutumwa bwa Minisiteri y’Itumanaho n’Itangazamakuru muri Congo, bugira buti “Ntiyari kujya i ruhande rwa Perezida Paul Kagame, ku bwo kugaragaza ko Guverinoma idashyigikiye na gato ubushotoranyi bw’u Rwanda, Minisitiri w’Intebe, Sama Lukonde uhagarariye Perezida Tshisekedi, ntabwo yagiye mu ifoto rusange yo gufungura inama ya Francophonie.”

Iyi nama ibera i Djerba muri Tunisia iyobowe na Mme Louise Mushikiwabo, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa, OIF, iteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu n’ejo ku Cyumweru.

Perezida Paul Kagame na Mme Jeannatte Kagame bitabiriye iyi nama nk’uko bikubiye mu itangazo Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byagenewe Abanyamakuru.

Mme Mushikiwabo afite amahirwe yo gutorerwa indi manda. Ari mu ifoto imwe na Perezida Paul Kagame na Perezida wa Tunisia, Kais Saied

Ni nama ya 18 y’Abakuru b’ibihugu na Guverinoma bo mu bihugu bikoresha Igifaransa, ikaba ifite insangamatsiko ijyanye no kwihutisha ikoranabuhanga mu Isi y’ibihugu bivuga igifaransa.

Muri iyi nama kandi ni akanya ko kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 uyu muryango umaze ubayeho.

Biteganyijwe ko muri iyi nama abayobozi bazatora Umunyabanga Mukuru w’uyu muryango muri manda y’imyaka itatu 2023-2026.

Mme Louise Mushikiwabo, afite amahirwe yo kongera gutorerwa manda ya kabiri, nk’umukandida watanzwe n’u Rwanda.

Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa, (Organisation Internationale de la Francophonie, OIF), washinzwe mu 1970 ukaba ufite ibihugu binyamuryango 88.

Abakoresha Igifaransa ku isi babarirwa muri miliyoni 321, biteganywa ko mu mwaka wa 2050, abavuga Igifaransa bazaba ari miliyoni 750.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • BYINZUKI JEAN BAPTISTE says:
    November 19, 2022 at 3:12 pm

    Africa twese turi bamwe pe.

    Nuko MSF(Medicins Sans Frontier) birukanwe mu Rwanda ngo bafasha imitwe irwanya Leta .

    Reply
  • Pingback: Louise Mushikiwabo yongeye gutorerwa kuyobora Francophonie – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?