BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jan 23, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Intumwa ya Congo yikuye mu ifoto y’Abayobozi bafunguye inama ya Francophonie

Intumwa ya Congo yikuye mu ifoto y’Abayobozi bafunguye inama ya Francophonie

admin
Last updated: November 19, 2022 2:49 pm
admin
Share
SHARE

Ministeri ishinzwe itumanaho muri Congo Kinshasa yavuze ko Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu yikuye mu ifoto y’Abayobozi bafunguye inama y’Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa (IOF), ku bwo “kwigaragambya”.

Minisitiri w’Intebe wa Congo, Minisitiri w’Intebe, Sama Lukonde yikuye muri iyi foto, ngo agaragaze ko adashyigikye ubushotoranyi bw’u Rwanda

Ubutumwa bwa Minisiteri y’Itumanaho n’Itangazamakuru muri Congo, bugira buti “Ntiyari kujya i ruhande rwa Perezida Paul Kagame, ku bwo kugaragaza ko Guverinoma idashyigikiye na gato ubushotoranyi bw’u Rwanda, Minisitiri w’Intebe, Sama Lukonde uhagarariye Perezida Tshisekedi, ntabwo yagiye mu ifoto rusange yo gufungura inama ya Francophonie.”

Iyi nama ibera i Djerba muri Tunisia iyobowe na Mme Louise Mushikiwabo, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa, OIF, iteganyijwe kuri uyu wa Gatandatu n’ejo ku Cyumweru.

Perezida Paul Kagame na Mme Jeannatte Kagame bitabiriye iyi nama nk’uko bikubiye mu itangazo Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byagenewe Abanyamakuru.

Mme Mushikiwabo afite amahirwe yo gutorerwa indi manda. Ari mu ifoto imwe na Perezida Paul Kagame na Perezida wa Tunisia, Kais Saied

Ni nama ya 18 y’Abakuru b’ibihugu na Guverinoma bo mu bihugu bikoresha Igifaransa, ikaba ifite insangamatsiko ijyanye no kwihutisha ikoranabuhanga mu Isi y’ibihugu bivuga igifaransa.

Muri iyi nama kandi ni akanya ko kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 uyu muryango umaze ubayeho.

Biteganyijwe ko muri iyi nama abayobozi bazatora Umunyabanga Mukuru w’uyu muryango muri manda y’imyaka itatu 2023-2026.

Mme Louise Mushikiwabo, afite amahirwe yo kongera gutorerwa manda ya kabiri, nk’umukandida watanzwe n’u Rwanda.

Umuryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa, (Organisation Internationale de la Francophonie, OIF), washinzwe mu 1970 ukaba ufite ibihugu binyamuryango 88.

Abakoresha Igifaransa ku isi babarirwa muri miliyoni 321, biteganywa ko mu mwaka wa 2050, abavuga Igifaransa bazaba ari miliyoni 750.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • BYINZUKI JEAN BAPTISTE says:
    November 19, 2022 at 3:12 pm

    Africa twese turi bamwe pe.

    Nuko MSF(Medicins Sans Frontier) birukanwe mu Rwanda ngo bafasha imitwe irwanya Leta .

    Reply
  • Pingback: Louise Mushikiwabo yongeye gutorerwa kuyobora Francophonie – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri manda ya Karindwi

3 Min Read
Politike

U Rwanda na Togo byiyemeje gukuriraho Visa abaturage

2 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

4 Min Read
Mu Rwanda

U Rwanda ruzongera gutanga Louise Mushikiwabo nk’umukandida WA OIF

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?