BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Intambara iratutumba hagati ya Amerika na Venezuela 

Intambara iratutumba hagati ya Amerika na Venezuela 

admin
Last updated: October 27, 2025 10:02 am
admin
Share
SHARE

Leta zunze ubumwe za Amerika zikomeje kugaragaza imyitwarire y’ubushotiranyi bw’intambara ku gihugu cya Venezuela bimaze igihe birebana ayingwe .

Amakuru avuga ko Amerika irimo kohereza intwaro ziremereye zirimo n’ubwato bw’intambara muri Trinidad na Tobago, ikirwa kiri muri kilometero 11, uvuye muri Venezuel.

Ku wa 24 Ukwakira 2025, Minisiteri y’Ingabo ya Amerika yategetse ko muri Amerika y’Amajyepfo hoherezwa ubwato bwikorera indege z’intambara zizwi nka ‘USS Gerald R. Ford’.

Intumwa Nkuru ya Leta muri VenezuelaTarek William Saab yatangaje ko igihugu cye gihangayikishijwe n’imigambi ya Perezida Trump ushaka gukuraho ubuyobozi bwacyo.

Amerika ni kimwe mu bihugu bitemera ko Maduro ariwe Perezida wemewe n’amategeko wa Venezuela, nyuma y’aho amatora aheruka kuba mu mwaka ushize anenzwe, abantu batandukanye kabavuga ko atabaye mu mucyo.

Trump yakunze kuvuga ko ateganya gutangiza intambara muri Venezuela, ndetse mu cyumweru gishize yavuze ko ari kwiga ku bijyanye n’intambara yo ku butaka nyuma y’aho iyo mu mazi Amerika iyifite neza mu biganza.

Abantu 43 bamaze gupfira mu bitero bya Amerika ku bwato bivugwa ko buba butwaye ibiyobyabwenge bivanywe muri Venezuela bijyanywe muri Amerika. Ni ibintu byatangiye muri Nzeri uyu mwaka.

Inteko Ishinga Amategeko ya Amerika imaze iminsi igaragaza impungenge kuri ibi bitero ivuga ko bishobora guteza umwuka mubi kurusha uko abantu babitekereza.

Ku rundi ruhande, Trump yasabye inzego ze z’ubutasi kwinjira muri Venezuela zigatangira guhiga abo bacuruza ibiyobyabwenge kandi yavuze ko uzazitambika azabigwamo.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

NASA yagaruye ku Isi igitaraganya abashakashatsi bayo kubera umwe warwaye

1 Min Read
Amerika

Zelenskyy yasabye Amerika gushimuta umwe mu bayobozi bo mu Burusiya

1 Min Read
Amerika

Trump yavanye Amerika mu miryango mpuzamahanga 66

1 Min Read
Amerika

Perezida wa Colombie yaburiye Amerika ishaka kumufunga nka Maduro

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?