BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru Nyamukuru > Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique ntizishyuwe amafaranga-Kagame

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique ntizishyuwe amafaranga-Kagame

admin
Last updated: November 30, 2022 3:27 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rutigeze ruca Mozambique n’urupfumuye kugira ngo ruyoherereze abasirikare n’abapolisi bo kurwanya ibyihebe byari byarayogoje kiriya gihugu.

Perezida Paul Kagame yemeje ko ingabo z’u Rwanda zigiye gukurikira ibyihebe muri Mozambique

Umukuru w’igihugu yabigarutseho kuri uyu wa Gatatu, tariki 30 Ugushyingo 2022, ubwo yakiraga indahiro z’Abaminisitiri bashya b’ubuzima mu Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko ku Kimihurura.

Yashimangiye ko nubwo igihugu kidakize ku butunzi ariko gikize ku kugira umutima n’ubushake, ariyo mpamvu bakorana n’ibihugu nka Mozambique, Sudani y’Epfo na Centrafrika mugushakira umuti ibibazo by’umutekano muke.

Ati “Dukorana n’igihugu cya Mozambique, Central Africa dufite uburyo bubiri, gukorana na LONI nicyo gihugu, muri Sudani dukorana na UN. Ibi byose ntabwo turi igihugu gikize, dukize ku bindi ntabwo dukize mu buryo bw’ubukungu, ariko ku mutima n’ubushake turakize pe!”

“Niyo mpamvu dushobora gukemura ibibazo byacu dukomeza gushakira umuti kuko ntibijya bishira, ariko tukagira n’ uruhare mu gufatanya n’abandi, kugirango dukemure ibibazo byabo, ndetse akenshi bishobora kuba bifitanye isano n’igihugu cyacu.”

Perezida Kagame yashimangiye ko ingabo z’u Rwanda muri Mozambique, ibihugu byemeranyije ko bongerwa, mu rwego rwo gukomeza guhashya ibyihebe cyane cyane aho byagiye mu buhungiro nyuma yo kwirukanwa mu Ntara ya Cabo Delgado.

Yagize ati “Muri Mozambique dufiteyo ingabo n’abapolisi barenga ibihumbi bibiri, ndetse hafi 2,500, ejo hashize twongereyeyo izindi ngabo. Twazongereyeyo kubera ko kuva twahagera hari ibibazo byinshi byakemutse, dufatanyije n’abenegihugu, hari n’ibindi bibazo bigikomeza kubera ko ntabwo twashoboraga gukora ahantu hose.”

Yakomeje agira ati “Abo twari duhanganye kubera ko bagiye bimuka bakajya mu bindi bice bya Mozambique, ntabwo twari kugera aho hose ariyo mpamvu twafatanyije n’abandi… Byagaragayeko abakoraga iterabwoba bagiye bimuka bakava aho twakoreraga bakajya ahandi,  twumvikanye na Mozambique ko tugiye kubakurikirana aho bari.”

Perezida Kagame yongeye kwibutsa ko nta muryango cyangwa igihugu cyari cyaha ifaranga na rimwe u Rwanda yo gukoresha muri ibyo bikorwa, uretse amikoro y’igihugu basangira n’abandi.

Ati “Bisobanuke neza, nta gihugu na kimwe, nta muryango n’umwe uraduha n’urumiya rwo gukoresha muri ako kazi, ni amafaranga y’igihugu turi gukoresha, muri bya bike dufite Turasangira tukabikoresha. hari abatubwira ko bazadufasha turategereje, nibadufasha tuzabibashimira kandi birakwiye…”

“Hari abibwira ko hari abanyujije amafaranga hasi bakatwishyura, hari abagize bate, ndabivuga niba ataribyo ndaza kwifuza kubona uwampakanya, ariko nagirango ibyo bibanze bive mu nzira… Twatanze ubuzima bw’abana bacu gufatanya n’aba Mozambique, tunatanga n’amikoro yacu make dufite.”

Agaruka ku bufatanye bw’u Rwanda na Centrafrika, Perezida Kagame yavuze ko ntaho bitaniye na Mozambique kuko naho ntawufasha u Rwanda gutanga ubufasha, ashima ko ingabo z’u Rwanda zatanze umutekano muri iki gihugu nk’uko byemeranyijwe n’ibihugu byombi.

Ku ngabo na polisi bari mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye yavuze ko nubwo atagaya uko bakora, kuko bakorera ku mategeko ya LONI, batatanze umusaruro nk’uko watanzwe n’ingabo zagiye ku masezerano y’u Rwanda na Centrafrika.

Gusa avuga ko bose buzuzanya, kugeza naho abakorera mu butumwa bwa LONI amafaranga bahabwa bayasaranganya n’abakora ku masezerano y’u Rwanda na Centrafrika.

Perezida Kagame akaba yashimiye abayobozi bakuru b’igihugu no mu nzego zose ku buryo badahwema gufatanya mu kubaka igihugu, ibintu bituma u Rwanda rubasha gufatanya n’abandi uhereye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba u Rwanda ruherereyemo n’ahandi.

NKURUNZIZA Jean Baptiste / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Kurazikubone Jean says:
    November 30, 2022 at 6:56 pm

    Abadepite bazabazwe inshingano zabo yuko ingengo y’imari itigeze iteganya kurwana intambara mu bindi bihugu. Ukurikije amategeko, ingabo zijya mu bindi bihugu zagombye kwemezwa n’abadepite.

    Reply

Leave a Reply to Kurazikubone Jean Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?