BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ingabo z’u Rwanda zatahuye ubundi bubiko bw’intwazo

Ingabo z’u Rwanda zatahuye ubundi bubiko bw’intwazo

admin
Last updated: October 22, 2022 4:02 am
admin
Share
SHARE

Abasirikare b’u Rwanda bari muri Mozambique batahuye ububiko bw’intwaro ahohoze ibirindiro by’ibyihebe, hitwa Mbau mu Ntara ya Cabo Delgado.

Intwaro ingabo z’u Rwanda zatahuye mu ishyamba ryahoze ari indiri y’ibyihebe

Ku wa Gatanu ingabo z’u Rwanda zavuze ko zavumbuye ububiko bw’ibikoresho byahishwe n’ibyihebe bya Ansar Al Sunnah Wa Jammah.

Ubu bubiko bwa kabiri ingabo z’u Rwanda zivumbuye bwari ahitwa Miloli, ahahoze icyicaro gikuru cy’ibyihebe mu ishyamba ryitwa Limala, mu majyepfo y’uburasirazuba bw’akarere ka Mocimboa da Praia.

Aka gace kasanzwemo ububiko kahoze ari indiri ya biriya byihebe nk’uko ingabo z’u Rwanda zibivuga, ariko ziza kuhabirukana zifatanyije n’ingabo za Mozambique muri Kanama, 2021.

Inkuru iri ku rubuga rw’ingabo z’u Rwanda, ivuga ko hari amakuru y’uko ibyihebe bya Ansar Al Sunnah Wa Jammah (IS Mozambique) byagerageje kugaruka gutwara ziriya ntwaro ariko ntibyabahira.

Hashize igihe gito ingabo z’u Rwanda zitangaje ko zavumbuye ububiko bw’intwaro nini n’into zakoreshwaga n’ibyihebe.

Ingabo z’u Rwanda zavumbuye ububiko bw’intwaro z’ibyihebe

IVOMO: MoD

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?