BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ingabo z’u Rwanda zacyuye abantu 437 bari bataye ingo zabo kubera intambara

Ingabo z’u Rwanda zacyuye abantu 437 bari bataye ingo zabo kubera intambara

admin
Last updated: August 14, 2022 11:17 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi mu nzego za Leta mu gihugu cya Mozambique, mu Karere ka Mocimboa da Praia mu Ntara ya Cabo Delgabo bafatanyije n’ingabo z’u Rwanda gucyura abaturage b’abasivile birukanywe mu byabo n’intambara.

Abasirikare b’u Rwanda bafasha abaturage ba Mozambique kubona iby’ibanze bakeneye

Ku wa Gatandatu tariki 13 Kanama, 2022, nibwo ubuyobozi bwa gisivile mu Karere ka Mocimboa da Praia n’ingabo z’u Rwanda bacyuye abanda basivile 437 bari baravuye mu byabo kubera intambara.

Aba basivile babaga mu nkambi yitwa Chitunda, bakaba barahunze ingo zabo kuva muri 2019 kubera ibitero by’ibyihebe bigendera ku mahame ya Islam.

Benshi mu baturage bari barahungiye mu nkambi ya Chitunda mu Karere ka Palma, abanda bakwiye imishwaro bajya mu byerekezo bitandukanye by’Intara ya Cabo Delgabo.

Abaturage bo mu Karere ka mu Karere ka Mocimboa da Praia mu Ntara ya Cabo Delgabo ni bo btashye bavuye mu nkambi

ANICA Mvita umugore ufite abana batanu yagize ati “Jyewe n’abana banjye twabayeho ubuzima bugoye nta cyo ugira mu by’ibanze umuntu akenera mu nkambi ya Chitunda, ariko ndizera ko ubuzima bugiye guhinduka.”

Umuyobozi mu Karere ka Mocimboa da Praia witwa, Sumaila Mussa yavuze ko bakora ibishoboka bagafasha abahungutse kubona ibintu by’ibanze bakenera mu buzima bwa buri munsi kugira ngo babashe gutangira ubuzima bushya.

Nibura abantu bagera ku 2,630 basubiye mu ngo zabo mu Karere ka Mocimboa da Praia, mu gihe abanda bo mu nkengero zaho bagera ku 3,000 batuye ahitwa Awasse bahungutse kuva muri Kamena, 2022.

Ingabo z’u Rwanda zagize uruhare mu kubohoza abaturage 600 bafashwe n’ibyihebe

Ubuyobozi bwa Mozambique bwijeje abatahutse ko buzabafasha gutangira ubuzima bubaha inkunga y’iby’ibanze bakenera

IVOMO: Urubuga rwa Minisiteri y’Ingabo (MoD website)

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Mu mahanga

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?