BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ingabo z’u Rwanda zacyuye abantu 437 bari bataye ingo zabo kubera intambara

Ingabo z’u Rwanda zacyuye abantu 437 bari bataye ingo zabo kubera intambara

admin
Last updated: August 14, 2022 11:17 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi mu nzego za Leta mu gihugu cya Mozambique, mu Karere ka Mocimboa da Praia mu Ntara ya Cabo Delgabo bafatanyije n’ingabo z’u Rwanda gucyura abaturage b’abasivile birukanywe mu byabo n’intambara.

Abasirikare b’u Rwanda bafasha abaturage ba Mozambique kubona iby’ibanze bakeneye

Ku wa Gatandatu tariki 13 Kanama, 2022, nibwo ubuyobozi bwa gisivile mu Karere ka Mocimboa da Praia n’ingabo z’u Rwanda bacyuye abanda basivile 437 bari baravuye mu byabo kubera intambara.

Aba basivile babaga mu nkambi yitwa Chitunda, bakaba barahunze ingo zabo kuva muri 2019 kubera ibitero by’ibyihebe bigendera ku mahame ya Islam.

Benshi mu baturage bari barahungiye mu nkambi ya Chitunda mu Karere ka Palma, abanda bakwiye imishwaro bajya mu byerekezo bitandukanye by’Intara ya Cabo Delgabo.

Abaturage bo mu Karere ka mu Karere ka Mocimboa da Praia mu Ntara ya Cabo Delgabo ni bo btashye bavuye mu nkambi

ANICA Mvita umugore ufite abana batanu yagize ati “Jyewe n’abana banjye twabayeho ubuzima bugoye nta cyo ugira mu by’ibanze umuntu akenera mu nkambi ya Chitunda, ariko ndizera ko ubuzima bugiye guhinduka.”

Umuyobozi mu Karere ka Mocimboa da Praia witwa, Sumaila Mussa yavuze ko bakora ibishoboka bagafasha abahungutse kubona ibintu by’ibanze bakenera mu buzima bwa buri munsi kugira ngo babashe gutangira ubuzima bushya.

Nibura abantu bagera ku 2,630 basubiye mu ngo zabo mu Karere ka Mocimboa da Praia, mu gihe abanda bo mu nkengero zaho bagera ku 3,000 batuye ahitwa Awasse bahungutse kuva muri Kamena, 2022.

Ingabo z’u Rwanda zagize uruhare mu kubohoza abaturage 600 bafashwe n’ibyihebe

Ubuyobozi bwa Mozambique bwijeje abatahutse ko buzabafasha gutangira ubuzima bubaha inkunga y’iby’ibanze bakenera

IVOMO: Urubuga rwa Minisiteri y’Ingabo (MoD website)

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

AFC/M23 yahishuye impamvu yiyemeje kurwanya FDLR ihangayikishije u Rwanda

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 na MONUSCO byaganiriye ku gahenge

2 Min Read
Mu mahanga

Kenya: Paul Mackenzie yongeye kuregwa ku rupfu rw’abandi bantu 52 nyuma y’abarenga 400 asanzwe akurikiranywaho

2 Min Read
Mu mahanga

Kenya: Abakora mu bwikorezi bwo mu kirere bateguje imyigaragambyo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?