BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 19, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Impunzi z’Abanye-Congo ziri mu nkambi ya Kigeme zakoze imyigaragambyo

Impunzi z’Abanye-Congo ziri mu nkambi ya Kigeme zakoze imyigaragambyo

admin
Last updated: December 12, 2022 2:30 pm
admin
Share
SHARE

Abanye-Congo bahungiye mu Rwanda bamaze igihe kirekire bacumbikiwe mu nkambi ya Kigeme mu Karere ka Nyamagabe, mu gitondo cyo kuri wa mbere tariki ya 12 Ukuboza 2022, bazindukiye mu myigaragambyo y’amahoro yamagana ubwicanyi bene wabo bari gukorererwa.

Bavuga ko bene wabo bari gukorerwa Jenoside basaba ko yahagarara

Bari bafite ibyapa biriho amagambo asaba Umuryango w’Abibumbye, (UN), na leta ya Congo kubafasha guhagarika ubwicanyi buri gukorerwa Abatutsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umwe mu bitabiriye iyo myigaragambyo yabwiye UMUSEKE ko bayikoze mu mahoro bagamije kwereka amahanga ko yatereranye bene wabo bari kwicwa muri Congo.

Uyu yagize ati “Ni imyigaragambyo mu buryo bw’amahoro, mu mutuzo kandi ni uburyo bwemewe. Ni imyigaragambyo yari igamije kwamagana ubwicanyi buri gukorerwa abatutsi bo muri Congo.”

Umwe mu bigaragambya yavuze ko bayikoze barabanje kubisaba, nyuma icyifuzo cyabo cyemewe bajya mu muhanda.

Yagize ati “Ubuyobozi bw’inkambi bwari bubizi.Byakozwe mu buryo bwemewe.Habayeho kubisaba, babonye ko hari impamvu zumvikana.Ubuyobozi bwabanje kubisuzuma baza kubyemeza.”

Uyu yavuze ko ijwi ryabo rishobora kumvikana ubwicanyi abatusti bo muri Congo bakorerwa bugahagarara.

Yagize ati “Hari icyizere ko kuko hari ibitangazamakuru bitandukanye, amahanga na yo abibone arebe ko yagira icyo abikoraho, buriya bwicanyi bukaba bwahagarikwa kuko ntabwo abantu bakomeza kwicwa bazira uko baremwe.Ni ibintu bigayitse biri gukorwa.”

Ubwicanyi bwibasira Abatutsi bo muri Congo bwafashe intera nyuma yaho umutwe wa M23 wubuye imirwano uhanganye n’igisirikare cya Leta.

Abigaragambya bavugaga ko umutwe wa FDRL, Mai Mai, Nyatura ari bo bibasiye bene wabo b’Abatutsi  bavuga ko bari gukorerwa  Jenoside.

Umujyanama w’Umuryango w’’Abibumbye ushinzwe kurwanya Jenoside, Alice Wairimu Nderitu ,aheruka gutangaza  ko kubera umutekano mucye n’urugomo biri mu Burasirazuba bwa Congo, no mu duce two mu Burengerazuba, ari ikimenyetso kigaragaza ko hashobora kuba Jenoside.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
5 Comments
  • Abari kuzira uko bavutse says:
    December 12, 2022 at 3:56 pm

    Abari hanze yigihugu cya Congo bo bumva ibintu muburyo bworoshye ariko twe turi mugihugu turi gukorerwa itotezwa biciye mubikorwa ndetse no mumagambo asesereza cyane birigukorwa nimitwe yitwaje intwaro ifatanije na leta nka FDLR, MAIMAI NYATURA ; dutangazwa cyane nuko amahanga yirengagiza ibintu nkibi kandi bigaragarira buriwese. NB: Basi abari hanze yigihugu mudusabire mudusengere kuko tubwirwa kenshi ko isaha nisaha bashobora kuduca imitwe babitubwira imbonankubone.

    Reply
  • Anonymous says:
    December 12, 2022 at 4:03 pm

    Abanye congo bari munkambi zibihugu bitandukanye mukomeze kudutabariza biciye munzira yamahoro ndashimira abo bavandimwe bacu bo KUKIGEME.

    Reply
  • Congolais says:
    December 12, 2022 at 6:56 pm

    Ntago byoroshye pe Turashimira benewacu bari munkambi ya kigeme kumuhate mwagize wo kwamagana akarengane karigukorerwa abatutsi muri Congo bazira uko basa gusa niba Congo itatwemera iturekere nu butaka biwacu kuki niho twisanze

    Reply
    • Nyakeza Claudine says:
      December 13, 2022 at 11:07 am

      Abanyekongo bigaragambirije Kiziba babashoramo amasasu none ubu barigaragambye mu mudendezo kandi abanyarwanda ubwabo badashobora kwigaragambya! Bihishe iki? Ese benewabo bafunzwe bazira kwigaragambya barafunguwe?

      Reply
  • Pingback: Abanye-Congo baba mu nkambi ya Mahama na bo bigaragambije – Umuseke

Leave a Reply to Anonymous Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Kagame yakiriye umuyobozi wa rimwe mu matorero akomeye muri Amerika

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki 18 Werurwe 2026, Perezida…

Umunsi w’Ilayidi wamenyekanye

Ubuyobozi bukuru bw’ Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC), bwatangaje ko umunsi mukuru…

Imikono y’igikombe cy’Isi cyizanyuzwa no kuri YouTube 

Mu gihe benshi bagorwa no kureba imikino itandukanye yo hanze y’u Rwanda…

DRC: Abadepite bo muri Kivu ya Ruguru barataka ubukene kubera kudahembwa

Abadepite bo ku rwego rw’intara muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira…

Iran yemeje urupfu rw’Umuyobozi w’Inama y’Umutekano yayo

Leta ya Iran yemeje ko Umunyamabanga w’Inama y’Umutekano yayo, Dr. Ali Larijani,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Inkuru zindi

MONUSCO na ICGLR byagiye gusuzuma uko umutekano uhagaze muri Uvira

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?