BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Impinduka muri Kiyovu Sports! Hemejwe umusimbura wa Juvénal

Impinduka muri Kiyovu Sports! Hemejwe umusimbura wa Juvénal

admin
Last updated: January 9, 2023 12:43 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’ikipe ya Kiyovu Sports, bwatangaje ko bidasubirwaho Mvukiyehe Juvénal atakiri umuyobozi w’Umuryango w’iyi kipe [Association] kandi yasimbuwe na Ndorimana Jean François Regis wari umwungirije.

Ndorimana Jean François Regis [Général] yasimbuye Mvukiyehe Juvénal
Ibi byatangajwe nyuma y’uko Mvukiyehe atangaje ko we atacyifuza gukomeza kuba umuyobozi w’Umuryango wa Kiyovu Sports ahubwo yifuza kujya kuyobora Kampanyi y’iyi kipe.

Babicishije ku mbuga nkoranyambaga z’ikipe, abayobozi ba Kiyovu Sports batangaje ko Mvukiyehe yamaze gusimburwa na Ndorimana nka perezida mushya w’iyi kipe.

Bati “Twishimiye gutangaza perezida mushya wa Kiyovu Sports Association, Bwana Ndorimana Jean François Regis. Ari mu nshingano guhera nonaha.”

Bakomeje bemeza ko Mvukiyehe, yagizwe umuyobozi wa Kampanyi ya Kiyovu Sports nk’uko yabyifuje.

Bati “Mutwemerere tubereke umuyobozi wa Kiyovu Sports Kampanyi, Bwana Juvénal Mvukiyehe.”

Ibi byatangajwe kuri uyu wa Mbere tariki 9 Mutarama 2023. Ibi bisobanuye ko Juvénal wakomeje kugaragaza ko hari impinduka zikorwa mu ikipe ariko ntizibe, atakiri umuyobozi w’Umuryango ahubwo agiye gushyira imbaraga muri Kampanyi ya Kiyovu Sports.

Muri Gicurasi mu 2020, ni bwo Mvukiyehe Juvénal yatorewe kuyobora Kiyovu Sports muri manda y’imyaka ine ariko amazeho ibiri n’igice. Kuva yaba perezida w’iyi kipe ntabwo Rayon Sports yigeze imutsinda na rimwe.

Mvukiyehe asize ikipe iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 30 inganya na AS Kigali yicaye ku mwanya wa mbere.

Mvukiyehe ntakiri umuyobozi wa Kiyovu Sports Association

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • [email protected] says:
    January 9, 2023 at 11:10 am

    uyu mugabo Juvenal dore ko yitiranwa na Habyara ubanza ari matatizo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?