BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Impinduka muri Kiyovu Sports! Hemejwe umusimbura wa Juvénal

Impinduka muri Kiyovu Sports! Hemejwe umusimbura wa Juvénal

admin
Last updated: January 9, 2023 12:43 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’ikipe ya Kiyovu Sports, bwatangaje ko bidasubirwaho Mvukiyehe Juvénal atakiri umuyobozi w’Umuryango w’iyi kipe [Association] kandi yasimbuwe na Ndorimana Jean François Regis wari umwungirije.

Ndorimana Jean François Regis [Général] yasimbuye Mvukiyehe Juvénal
Ibi byatangajwe nyuma y’uko Mvukiyehe atangaje ko we atacyifuza gukomeza kuba umuyobozi w’Umuryango wa Kiyovu Sports ahubwo yifuza kujya kuyobora Kampanyi y’iyi kipe.

Babicishije ku mbuga nkoranyambaga z’ikipe, abayobozi ba Kiyovu Sports batangaje ko Mvukiyehe yamaze gusimburwa na Ndorimana nka perezida mushya w’iyi kipe.

Bati “Twishimiye gutangaza perezida mushya wa Kiyovu Sports Association, Bwana Ndorimana Jean François Regis. Ari mu nshingano guhera nonaha.”

Bakomeje bemeza ko Mvukiyehe, yagizwe umuyobozi wa Kampanyi ya Kiyovu Sports nk’uko yabyifuje.

Bati “Mutwemerere tubereke umuyobozi wa Kiyovu Sports Kampanyi, Bwana Juvénal Mvukiyehe.”

Ibi byatangajwe kuri uyu wa Mbere tariki 9 Mutarama 2023. Ibi bisobanuye ko Juvénal wakomeje kugaragaza ko hari impinduka zikorwa mu ikipe ariko ntizibe, atakiri umuyobozi w’Umuryango ahubwo agiye gushyira imbaraga muri Kampanyi ya Kiyovu Sports.

Muri Gicurasi mu 2020, ni bwo Mvukiyehe Juvénal yatorewe kuyobora Kiyovu Sports muri manda y’imyaka ine ariko amazeho ibiri n’igice. Kuva yaba perezida w’iyi kipe ntabwo Rayon Sports yigeze imutsinda na rimwe.

Mvukiyehe asize ikipe iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 30 inganya na AS Kigali yicaye ku mwanya wa mbere.

Mvukiyehe ntakiri umuyobozi wa Kiyovu Sports Association

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • [email protected] says:
    January 9, 2023 at 11:10 am

    uyu mugabo Juvenal dore ko yitiranwa na Habyara ubanza ari matatizo.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

2 Min Read
Imikino

APR FC yatsinze Gasogi United yakinaga nk’ikipe y’abato

3 Min Read
Imikino

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

1 Min Read
Imikino

Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli SC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?