BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 19, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ibinyabiziga 530 byafatiwe mu makosa bigiye gutezwa cyamunara

Ibinyabiziga 530 byafatiwe mu makosa bigiye gutezwa cyamunara

admin
Last updated: October 8, 2022 1:06 pm
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko igiye guteza cyamunara ibinyabiziga byafatiwe mu bikorwa byo kutubahiriza amategeko bikaba bimaze igihe ku cyicaro cya Polisi muri buri Karere.

Iyi cyamunara izaba ku matariki atandukanye muri buri Karere, kubisura byo bikaba biri hagati ya tariki 10 kugeza kuri 23 Ukwakira 2022  aho biparitse ku cyicaro cya Polisi kuri buri Karere.

Ibinyabiziga byafashwe birimo moto 309, imodoka 2 n’amagare 219 byafatiwe mu Turere dutandatu tw’Intara y’Iburasirazuba, bizatezwa cyamunara ku matariki akurikira.

Tariki 24 Ukwakira 2022 saa 9h30 cyamunara izabera ku cyicaro cya Polisi i Nyagatare mu gihe ku wa 25 Ukwakira 2022 saa 9h30 cyamunara izabera ku cyicaro cya Polisi i Gatsibo.

Tariki ya 25 Ukwakira 2022 saa 14h00 cyamunara izabera ku cyicaro cya Polisi i Kayonza naho tariki ya 26 Ukwakira 2022 saa 9h30 cyamunara ibere ku cyicaro cya Polisi i Rwamagana.

Polisi y’u Rwanda ivuga kandi ko tariki ya 27 Ukwakira 2022 saa 9H30 cyamunara izabera ku cyicaro cya Polisi i Kirehe na tariki ya 27 Ukwakira 2022 saa 14h00 cyamunara ibere ku cyicaro cya Polisi i Ngoma.

Ibi binyabiziga byagiye bifatwa kubera amakosa yo mu muhanda, itegeko riteganya ko ikinyabiziga cyafatiriwe, ko iyo kirengeje ukwezi giparitse muri parikingi ya Polisi ,ba nyirabyo iyo badashoboye kurangiza ibyo basabwa birimo ibihano cyangwa ibindi bitezwa cyamunara.

Mu itangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, risaba kandi abantu bose bishyuye amande ku makosa y’ibinyabiziga byabo byafatiwemo, ko bakwihutira kujyana inyemezabwishyu kuri Polisi bakabitwara bitaratezwa cyamunara.

Polisi y’u Rwanda yavuze ko umuntu wiyitirira ikinyabiziga kitari icye, bifatwa nk’icyaha cy’ubujura gihanwa n’amategeko.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Kagame yakiriye umuyobozi wa rimwe mu matorero akomeye muri Amerika

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki 18 Werurwe 2026, Perezida…

Umunsi w’Ilayidi wamenyekanye

Ubuyobozi bukuru bw’ Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC), bwatangaje ko umunsi mukuru…

Imikono y’igikombe cy’Isi cyizanyuzwa no kuri YouTube 

Mu gihe benshi bagorwa no kureba imikino itandukanye yo hanze y’u Rwanda…

DRC: Abadepite bo muri Kivu ya Ruguru barataka ubukene kubera kudahembwa

Abadepite bo ku rwego rw’intara muri Kivu ya Ruguru muri Repubulika Iharanira…

Iran yemeje urupfu rw’Umuyobozi w’Inama y’Umutekano yayo

Leta ya Iran yemeje ko Umunyamabanga w’Inama y’Umutekano yayo, Dr. Ali Larijani,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?