BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ibinyabiziga 530 byafatiwe mu makosa bigiye gutezwa cyamunara

Ibinyabiziga 530 byafatiwe mu makosa bigiye gutezwa cyamunara

admin
Last updated: October 8, 2022 1:06 pm
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko igiye guteza cyamunara ibinyabiziga byafatiwe mu bikorwa byo kutubahiriza amategeko bikaba bimaze igihe ku cyicaro cya Polisi muri buri Karere.

Iyi cyamunara izaba ku matariki atandukanye muri buri Karere, kubisura byo bikaba biri hagati ya tariki 10 kugeza kuri 23 Ukwakira 2022  aho biparitse ku cyicaro cya Polisi kuri buri Karere.

Ibinyabiziga byafashwe birimo moto 309, imodoka 2 n’amagare 219 byafatiwe mu Turere dutandatu tw’Intara y’Iburasirazuba, bizatezwa cyamunara ku matariki akurikira.

Tariki 24 Ukwakira 2022 saa 9h30 cyamunara izabera ku cyicaro cya Polisi i Nyagatare mu gihe ku wa 25 Ukwakira 2022 saa 9h30 cyamunara izabera ku cyicaro cya Polisi i Gatsibo.

Tariki ya 25 Ukwakira 2022 saa 14h00 cyamunara izabera ku cyicaro cya Polisi i Kayonza naho tariki ya 26 Ukwakira 2022 saa 9h30 cyamunara ibere ku cyicaro cya Polisi i Rwamagana.

Polisi y’u Rwanda ivuga kandi ko tariki ya 27 Ukwakira 2022 saa 9H30 cyamunara izabera ku cyicaro cya Polisi i Kirehe na tariki ya 27 Ukwakira 2022 saa 14h00 cyamunara ibere ku cyicaro cya Polisi i Ngoma.

Ibi binyabiziga byagiye bifatwa kubera amakosa yo mu muhanda, itegeko riteganya ko ikinyabiziga cyafatiriwe, ko iyo kirengeje ukwezi giparitse muri parikingi ya Polisi ,ba nyirabyo iyo badashoboye kurangiza ibyo basabwa birimo ibihano cyangwa ibindi bitezwa cyamunara.

Mu itangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, risaba kandi abantu bose bishyuye amande ku makosa y’ibinyabiziga byabo byafatiwemo, ko bakwihutira kujyana inyemezabwishyu kuri Polisi bakabitwara bitaratezwa cyamunara.

Polisi y’u Rwanda yavuze ko umuntu wiyitirira ikinyabiziga kitari icye, bifatwa nk’icyaha cy’ubujura gihanwa n’amategeko.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?