BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Umutekano > Ibintu byahinduye isura muri Uvira, yagezwemo na AFC/M23

Ibintu byahinduye isura muri Uvira, yagezwemo na AFC/M23

admin
Last updated: December 10, 2025 5:21 am
admin
Share
SHARE

Nyuma y’imirwano ikomeye yahanganishije ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, iz’u Burundi, Wazalendo, FDLR, yarangiye abarwanyi ba AFC/M23 bamaze kwinjira mu Mujyi wa Uvira.

Mu mugoroba wo ku wa 9 Ukuboza 2025, ibintu byahinduye isura mu mujyi wa Uvira uherereye muri Kivu y’Amajyepfo, nyuma y’uko abarwanyi ba AFC/M23 bageze muri uyu mujyi.

Uyu mujyi uturanye na Bujumbura kuko yombi ikora ku Kiyaga cya Tanganyika. Unyuze mu nzira yo mu kirere ni kilometero zibarirwa muri 22 gusa.

Uri hafi y’ikibuga cy’Indege cyitiriwe Merchior Ndadaye, ni ukuvuga kilometero 20 ukoresheje inzira yo mu kirere. Ni wo nzira ingabo z’u Burundi zakoreshaga zinjira muri Kivu y’Amajyepfo n’iy’Amajyaruguru mu bikorwa byo gufasha FARDC mu ntambara ihanganyemo na AFC/M23.

Umwe mu bantu bari mu mujyi wa Uvira ku mugoroba wo kuri uyu wa 9 Ukuboza 2025, yahamirije igihe ko yabonye abarwanyi ba AFC/M23 binjira mu mujyi, bivuze ko winjiye mu maboko y’uyu mutwe.

Uyu mutangamakuru yavuze ko “Ingabo z’u Burundi zahungiye iwabo, izanze kuva ku izima zirahagwa. Erega ubundi Intambara bayitsindiye (AFC/M23) Ruvungi. Ubu bari ku muvuduko wo hejuru.”

AFC/M23 yari yabanje gufata akace ka Kiliba kari muri kilometero 30 kugira ngo ugere Uvira. Ahagana Saa Cyenda na 15, ingabo za FARDC n’iz’u Burundi zatangiye guhunga ku bwinshi zimaze kumva ko AFC/M23 igeze mu birometero bike cyane isatira umujyi wa Uvira.

Amakuru avuga ko ingabo z’u Burundi nyinshi zari muri uyu mujyi zahasize ubuzima, abandi bahungira mu Burundi.

Uretse abasirikare bamwe bahisemo gukiza amagara, amakuru yasakaye yemeza ko n’abayobozi muri uyu mujyi wa Uvira bahisemo kujya kwihisha kugira ngo bamenye aho byerekeza.

Mu kiganiro n’abanyamakuru cyo kuri uyu wa 9 Ukuboza 2025, Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko ingabo za Leta n’imitwe bafatanya byose byagiye kwirunda muri uyu mujyi aca amarenga ko y’uko ubohorwa mu gihe cya vuba.

Ati: “Abaturage baratereranywe, none twakora iki? twebwe turinda abaturage kandi ntitwakomeza kwemera ko haguma ako kajagari n’ubwoba, tugomba kwisuganya kugira ngo tuhazane umutekano.”

Nangaa yavuze ko nk’uko i Goma no mu bindi bice hari umutekano n’ahandi mu bice by’igihugu bakwiye kugerwaho n’amahoro n’umutekano.

Umunyapolitiki Moïse Nyarugabo wabaye Umudepite muri RDC, yasabye abaturage bo muri Uvira no mu bindi bice badakwiye gukomeza guhunga kuko uyu mujyi ugiye kubohorwa.

Ati: “Mugume mu ngo zanyu…abo basore mubona baza babasanga ntabwo ari abanzi banyu, nta kibazo bafitanye namwe. Ibiri amambu, baje kubaha umutekano kandi muzabona itandukaniro. Ndabibijeje.”

Kuva urugamba rwo mu kibaya cya Rusizi rwatangira mu ntangiriro z’icyumweru gishize, birukanye ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC mu bice byinshi.

AFC/M23 yafashe Katogota, Rurambo, Luberizi, Luvungi, Mutalule, Bwegera, Nyakabere na Sange. Mbere yo kwinjira muri Kiliba ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 9 Ukuboza 2025, yabanje gufata santere ya Runingo hagakurikiraho Kiliba.

Igikuba cyacitse mu mujyi wa Uvira na mbere y’uko AFC/M23 ifata Kiliba kuko humvikanye urusaku rw’amasasu bivugwa ko yarashwe n’abarwanyi b’ihuriro ry’imitwe ya Wazalendo

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Umutekano

RDC: Amashuri 65 yo mu ntara ya Kwilu yafunze imiryango kubera umutekano muke

2 Min Read
Umutekano

AFC/M23 yarashe Sukhoi-25 ya FARDC

2 Min Read
Umutekano

Wazalendo bateze igico abarwanyi ba AFC/M23 muri Pariki ya Virunga

1 Min Read
Umutekano

AFC/M23 yatangiye gukoresha abasirikare bo mu mazi ku rugamba

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?