BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 16, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Huye: Abagabo batatu bafatiwe mu cyuho babaga inka bibye

Huye: Abagabo batatu bafatiwe mu cyuho babaga inka bibye

admin
Last updated: December 20, 2022 3:12 pm
admin
Share
SHARE

Abagabo batatu bo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru bari mu kigero cy’imyaka 35, bakurikiranyweho kwiba inka y’umuturage bakayibagira mu wundi Murenge..

Abakekwa bafatiwe mu Karere ka Huye

Amakuru avuga ko  bafashwe ku wa Gatandatu tariki ya 17 Ukuboza 2022, bafatiwe mu Murenge wa Mukura wo mu Karere ka Huye ubwo bari bamaze kubaga iryo tungo.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukura, Ngabo Fidèle yabwiye UMUSEKE ko abaturage batanze amakuru kuri ubwo bujura, maze abakekwa bahita batabwa muri yombi.

Yagize ati ”Bayibye muri Ngera ariko bayibagira mu Murenge wa Mukura ari naho bafatiwe. Inka barayizana kuko bari bafite aho bari bayijyanye, bafatwa rero nyuma y’amakuru yari amaze gutangwa n’abaturage.”

Gitifu Ngabo yakomeje ati ”Na ba nyiri inka baraje babona ko ari iyabo, twafatanyije n’inzego z’Ubugenzacyaha RIB, ziraza zirabakurikirana.“

Uyu muyobozi yashimiye abaturage batanze amakuru ariko abagira  inama yo kutirara bakaba maso.

Yagize ati ”Nubwo icyaha kitabereye mu Murenge wacu, ariko abaturage batanze amakuru ndetse n’abagize uruhare muri iki cyaha barafatwa. Ni ugushimimira abaturage, imikoranire myiza.”

Yavuze ko abaturage batagomba kwirara muri rusange. Ati “Twese tugomba kugira uruhare mu kwicungira umutekano wacu n’imitungo yacu.”

Abakekwaho kwiba iri tungo bakaba bari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacuaha rukorera mu Murenge wa Ngera mu karere ka Nyaruguru ari naho bakomoka.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Ubutabera

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

1 Min Read
Ubutabera

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?