BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Hatanzwe igihe ntarengwa cyo kumenyekanisha ahakorera “Ibiryabarezi”

Hatanzwe igihe ntarengwa cyo kumenyekanisha ahakorera “Ibiryabarezi”

admin
Last updated: September 22, 2022 11:22 am
admin
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yahaye igihe ntarengwa abakora ubucuruzi bw’imikino y’amahirwe bakina bakoresheje ibiceri, ari na yo ibamo ibyitwa ibiryabarezi kumenyekanisha ibikorwa byabo.

Abafite ibiryabarezi basabwe kubimenyekanisha vuba na bwangu

Iri tangazo risohotse mu gihe byagaragaye ko abantu basigaye bakorera imikino y’amahirwe ahantu hatemewe, bityo bigatera ingaruka zinyuranye zirimo amakimbirane, ubujura n’ibindi.

Hari n’abandi bakora ibikorwa by’imikino y’amahirwe batabifitiye uburenganzira bwo kubikora butangwa na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda.

Ku bw’izo mpamvu, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ivuga ko abakora ubushabitsi mu mikino y’amahirwe bagomba kumenyekanisha aho bakorera bitarenze ku wa 20 Ukwakira 2022.

Mu Itangazo MINICOM yashyize hanze kuri wa 20 Nzeri 2022 ivuga ko buri wese ukora imenyekanisha agomba gutegura neza ” inyandiko igaragaza umwirondoro wa nyir’imashini, nimero ya telefone na Email, aho igikorwa giherereye (Izina rya Centre, Umudugudu, Akagari, Umurenge, Akarere), izina rya sosiyete y’ubucuruzi (nimba ayifite.”

Izo nyandiko zizajya zitangwa mu bunyamabanga bwa MINICOM ku Kimihurura ho mu Mujyi wa Kigali nk’uko itangazo ryasinywe na Minisitiri wUbucuruzi n’Inganda, Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze.

Ni kenshi ibiyabarezi byakunze kwinubirwa n’abantu batandukanye, bagaragaza ko nta nyungu babibonamo ahubwo ko bigamije kubakenesha ndetse ko ubu bucuruzi bukorwa mu kajagari.

MINICOM ivuga ko nta muntu wemerewe gukorera imikino y’amahirwe ahantu hatemewe nko ku mihanda, muri butike, mu tubari duciriritse n’ahandi. Si ko biri kuko aho hose byahateye amatako.

Hagaragara kandi imashini zikorwa mu mbaho ziri ku giciro cyo hasi ugereranyije n’izituruka hanze, izi akenshi nizo usanga abaturage bakubita amashoka bashaka kuzimena ngo zabaririye imitungo.

Benshi bagaragaza ko imikino y’amahirwe bakunze kwita ibiryabarezi ikwiye gucibwa kuko itera abenshi bayikina kwangirika ubwonko no korora ubunebwe.

Abagizwe imbata nayo iyo amafaranga bashoyemo ashize nta bindi bitekerezo basigarana usibye ubujura, urusimbi n’ibindi bibi nk’ibyo.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?