BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Hatanzwe igihe ntarengwa cyo kumenyekanisha ahakorera “Ibiryabarezi”

Hatanzwe igihe ntarengwa cyo kumenyekanisha ahakorera “Ibiryabarezi”

admin
Last updated: September 22, 2022 11:22 am
admin
Share
SHARE

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yahaye igihe ntarengwa abakora ubucuruzi bw’imikino y’amahirwe bakina bakoresheje ibiceri, ari na yo ibamo ibyitwa ibiryabarezi kumenyekanisha ibikorwa byabo.

Abafite ibiryabarezi basabwe kubimenyekanisha vuba na bwangu

Iri tangazo risohotse mu gihe byagaragaye ko abantu basigaye bakorera imikino y’amahirwe ahantu hatemewe, bityo bigatera ingaruka zinyuranye zirimo amakimbirane, ubujura n’ibindi.

Hari n’abandi bakora ibikorwa by’imikino y’amahirwe batabifitiye uburenganzira bwo kubikora butangwa na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda.

Ku bw’izo mpamvu, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda ivuga ko abakora ubushabitsi mu mikino y’amahirwe bagomba kumenyekanisha aho bakorera bitarenze ku wa 20 Ukwakira 2022.

Mu Itangazo MINICOM yashyize hanze kuri wa 20 Nzeri 2022 ivuga ko buri wese ukora imenyekanisha agomba gutegura neza ” inyandiko igaragaza umwirondoro wa nyir’imashini, nimero ya telefone na Email, aho igikorwa giherereye (Izina rya Centre, Umudugudu, Akagari, Umurenge, Akarere), izina rya sosiyete y’ubucuruzi (nimba ayifite.”

Izo nyandiko zizajya zitangwa mu bunyamabanga bwa MINICOM ku Kimihurura ho mu Mujyi wa Kigali nk’uko itangazo ryasinywe na Minisitiri wUbucuruzi n’Inganda, Dr Jean Chrysostome Ngabitsinze.

Ni kenshi ibiyabarezi byakunze kwinubirwa n’abantu batandukanye, bagaragaza ko nta nyungu babibonamo ahubwo ko bigamije kubakenesha ndetse ko ubu bucuruzi bukorwa mu kajagari.

MINICOM ivuga ko nta muntu wemerewe gukorera imikino y’amahirwe ahantu hatemewe nko ku mihanda, muri butike, mu tubari duciriritse n’ahandi. Si ko biri kuko aho hose byahateye amatako.

Hagaragara kandi imashini zikorwa mu mbaho ziri ku giciro cyo hasi ugereranyije n’izituruka hanze, izi akenshi nizo usanga abaturage bakubita amashoka bashaka kuzimena ngo zabaririye imitungo.

Benshi bagaragaza ko imikino y’amahirwe bakunze kwita ibiryabarezi ikwiye gucibwa kuko itera abenshi bayikina kwangirika ubwonko no korora ubunebwe.

Abagizwe imbata nayo iyo amafaranga bashoyemo ashize nta bindi bitekerezo basigarana usibye ubujura, urusimbi n’ibindi bibi nk’ibyo.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?