BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Haruna yasobanuye icyatumye basezererwa muri Confederation Cup

Haruna yasobanuye icyatumye basezererwa muri Confederation Cup

admin
Last updated: October 17, 2022 4:44 pm
admin
Share
SHARE

Kapiteni w’ikipe ya AS Kigali, Haruna Niyonzima ahamya ko umukino ubanza wahuje iyi kipe na Al Nasser mu marushanwa ahuza amakipe yatwaye ibikombe iwayo ku mugabane wa Afurika [CAF Confederation Cup], ari wo watumye isezererwa itsinzwe igitego 1-0.

Haruna ahamya ko umukino ubanza ari wo watumye AS Kigali isezererwa [Ifoto: Clarisse Uwimana]
Nyuma yo kwihagararaho iminota 45 y’igice cya Mbere, ntabwo indi y’igice cya Kabiri yabaye myiza kuko ku munota wa 69 yatsinzwe igitego cyayibereye umugogoro kugeza umukino urangiye.

Umukino ubanza wahuje AS Kigali na Al Nasser yo muri Libya, wabereye mu Rwanda kuri stade mpuzamahanga ya Huye, urangira amakipe yombi anganyije 0-0.

Ibi byasobanuraga ko amahirwe kuri iyi kipe iterwa inkunga n’Umujyi wa Kigali, agabanutse kuko muri aya marushanwa Nyafurika buri kipe yirwanaho iyo iri mu rugo.

Aganira n’abanyamakuru bajyanye na AS Kigali, Haruna Niyonzima yavuze ko ubwo bari mu Rwanda birangayeho.

Ati “Yego ni byo dusezerewe n’umukino ubanza wabereye i Huye.”

N’ubwo iyi kipe kubona igitego byabaye iyanga, yaguze abataha izamu barimo Ndikumana Selemani Landry wavuye i Burundi, Félix Kone, Man Ykre na Hussein Shaban wongereye amasezerano muri iyi kipe.

Mu mikino ine iyi kipe yakinnye muri uru rugendo rwose, yinjijemo igitego kimwe nayo yinjizwa kimwe kuri Al Nasser ari nacyo cyayisezereye.

AS Kigali yasezerewe muri CAF Confederation Cup

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?